Ikirego muri RIB: Zabyaye amahari kwa Yago na... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu minsi mike ishize nibwo hasakaye amajwi yumvikana nka Yago ku mbuga, arimo ibitutsi byinshi n'andi magambo nyandagazi yibasira Dabijou.

Aha uwumvikana muri aya majwi aba abwira uyu mukobwa ko  ntatitonda mu bihe bitari ibya kure arasanga ubwambure bwe hanze.Ndetse ko azasanga arimo yongera gukurikiranwa ku byaha byo gucuruza abakobwa barimo abo yajyanye Nigeria ubu batereyeyo umutwe.

Ubwo InyaRwanda yabonaga aya majwi, yagerageje kubaza Yago niba yaba ari we uvuga, atangaza ko ntacyo yifuza kubivugaho.

Gusa amakuru   yizewe ni InyaRwanda ifite, ni uko uyu mukobwa yamaze kurega Yago muri RIB.

Mu bihe bitandukanye cyane cyane mu gihe hasohokaga indirimbo Si Swing, Yago yitabajemo Dabijou mu mashusho yayo, havuzwe ko aba bari mu rukundo gusa bose bakabihakana.

Gusa mu kirego Dabijou yatanze, yatangaje ko yakundanyeho na Yago igihe kingana n'umwaka, bakaza gutandukana ku mpamvu atasobanuye.Agaragaza uko ayo mashusho y'ubwambure Yago yaba yarayafashe.

 



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/144348/zabyaye-amahari-hagati-ya-yago-na-dabijou-bakundanye-144348.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)