Prime Insurance yishyuriye Master's umunyeshuri wahize abandi muri Kaminuza ya Kigali - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ikigo cy'Ubwishingizi cya Prime Insurance cyahembye Ukwishaka Germaine urangije Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu bijyanye n'ubukerarugendo, imuha igihembo cyo kumwishyurira amashuri y'Icyiciro cya Gatatu cya kaminuza.

Ni igihembo iki kigo cyatanze ku wa 31 Gicurasi ubwo Kaminuza ya Kigali yatangaga impamyabushobozi ku banyeshuri barenga 1428 mu byiciro bitandukanye.

Iki gikorwa cyo guhemba abakiri bato bari mu nzego zitandukanye ni kimwe mu byo Prime Insurance imaze kugira umuco, kuko no muri Tour du Rwanda, ihemba umukinnyi muto witwaye neza.

Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Prime Insurance, Mike Byusa yavuze ko impamvu bashyizeho gahunda ihamye yo gufasha urubyiruko, ari uko rugize umubare munini w'Abanyarwanda, bakizera ko ari ukubaka ejo hazaza h'igihugu bitaziguye.

Ati ''Uretse gucuruza ubwishingizi gusa, harimo no kubikangurira abatugana, tubaha serivisi nziza no kugira icyo dukora mu kujyana na gahunda y'intumbero y'igihugu cyacu yo gushyigikira urubyiruko."

Byusa yavuze ko iyi gahunda yo guhemba uwahize abandi ukiri muto, ituma abana biga bashyizeho umwete, intego u Rwanda rwihaye yo gushingira ku bukungu bushingiye ku bumenyi.

Si ubwa mbere Prime Insurance ihembye umunyeshuri muri Kaminuza ka Kigali, kuko no mu mwaka washize bari bakoze iki gikorwa cy'indashyikirwa.

Byusa ati 'Intego dufite ni ugushyira umukiliya imbere, ariko ibyo tukanagira uruhare rufatika muri gahunda za leta zo kuzamura imibereho myiza y'abaturage. Buriya uburezi muri iyi Si ni wo murage wa mbere umubyeyi aha umwana.'

Ukwishaka Germaine yashimiye Prime Insurance yamutekerejeho, ikazirikana umuhate n'imbaraga yashyize mu kwiga ashyizeho umwete.

Ati "Birantunguye cyane. Kuba ndi mu bitwaye neza bakiri bato, nk'aba negukanye n'iki gihembo kitagira uko gisa, ni ikimenyetso ko ibyo wiga byose iyo ubushyizeho umwete nta kabuza ugera ku ntego wihaye."

Nk'ikigo cy'ubwishingizi, Byusa yavuze ko Prime Insurance ikomeje gahunda yo kwegereza abayigana uburyo bw'ikoranabuhanga aho ushobora kugura ubwishingizi bw'ibinyabiziga no kureba igihe ubwishingizi buzarangirira.

Rifasha kandi mu kumenya aho ushobora kubona serivisi z'ubuvuzi hakwegereye ndetse vuba, ukaba ushobora no kumenyekanisha impanuka ukoresheje telefone yawe aho uri hose.

Ni gahunda zirimo kugura ubwishingizi waba usanzwe uri umukiliya wa Prime Insurance, cyangwa ari ubwa mbere uyigannye, gufasha abantu kumenya igihe ubwishingizi buzarangirira, ushaka kubwongera agafasha n'ibindi bitandukanye.

Byusa yagaragaje ko ibyo bikorwa by'iterambere bagezeho ari na ko bagoboka abahuye n'ibyago ariko bishinganishije iwabo.

Yavuze ko muri miliyari zirenga 20 Frw binjije mu 2023, arenga miliyari 4 Frw yishyuwe abantu bagize impanuka zitandukanye bafite ubwishingizi muri Prime Insurance cyangwa bangirijwe ibyabo n'abafite ubwishingizi muri Prime Insurance ndetse bigakorwa vuba bitabangamiye imirimo y'abantu.

Ubu Prime Insurance, itanga ubwishingizi 43 butandukanye. Yarangije umwaka wa 2023 ku mwanya wa gatatu mu bigo binini ku isoko ry'ubwishingizi mu Rwanda akaba ari nayo ifite isoko rinini rw'ubwishingizi bw'ibinyabiziga imbere mu gihugu.

Prime Insurance yishyuriye Master's umunyeshuri wahize abandi muri Kaminuza ya Kigali
Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Prime Insurance, Mike Byusa ubwo yari akurikiye umuhango wo guha impamyabushobozi abarenga 1400 basoje amasomo muri Kaminuza ya Kigali
Kuri ubu Prime Insurance itanga ubwishingizi burenga 43 butandukanye
Ababyeyi bari baje gushyigikira abana babo kuri iyi ntambwe idasanzwe bateye
Umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri 1428 bo muri Kaminuza ya Kigali wabereye muri Intare Conference Arena iherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Musabyimana Jean Claude mu bayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 1428 ba Kaminuza ya Kigali
Prime Insurance ni imwe mu baterankunga bakomeje gutuma Kaminuza ya Kigali ica uduhigo dutandukanye
Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basoje amasomo yabo muri Kaminuza ya Kigali

Amafoto: Habyarimana Raoul




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/prime-insurance-yishyuriye-master-s-umunyeshuri-wahize-abandi-muri-kaminuza-ya

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)