Ubuzima bwarahindutse! Akanyamuneza ku batujwe mu midugudu y'Icyitegererezo (Amafoto) - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uru rugendo rwatangiye mu myaka yo hambere ruracyakomeje ndetse rwanahawe umwihariko muri gahunda y'Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST1) yashyizwe mu bikorwa hagati ya 2017-2024.

Kugeza ubu hari abamaze gusogongera ku buryohe bwo gutuzwa mu midugudu y'Icyitegererezo ndetse bagaragaza ko byabahinduriye ubuzima.

Mu bijyanye n'iterambere ry'imijyi n'imiturire, Leta y'u Rwanda yari yihaye intego yo gutuza neza Abanyarwanda ku buryo imiryango 205.488 yimurwa aho ituye mu tujagari mu gihe igera ku 10.209 izimurwa mu manegeka.

Imbaraga Leta yashyize mu gutuza neza abaturage hagamijwe kubavana mu manegeka, zafashije kugabanya ubutaka buturwaho ndetse no koroherwa no kubagezaho ibikorwaremezo nk'imihanda, amashanyarazi, amavuriro n'amashuri, amazi, amasoko n'ibindi.

Abamaze kumva icyanga cyo gutura hamwe bashima ko batakirara bashikagurika, bikanga abajura cyangwa ko inzu zabagwa hejuru kubera ibiza n'andi masanganya.

Abatuye mu bice bitandukanye bagaragaza ko ubuyobozi bw'u Rwanda bwabazirikanye ndetse bugatuma bongera kumwenyura.

Ababigarukaho biganjemo abatujwe mu nzu zigezweho zo mu midugudu y'icyitegererezo yubatswe mu turere hafi ya twose tw'u Rwanda, aho inyinshi muri zo zifite ibyumba bibiri, uruganiriro, ubwogero n'ubwiherero, igikoni, gaz yo gutekesha na televiziyo kandi buri nzu ifite amazi n'umuriro.

Abaturage benshi bazitujwemo bavuga ko baryohewe n'ibyiza babonye nyuma yo kuvanwa aho bari batuye bakajyanwa gutuzwa mu midugudu, ndetse bagahuriza ku kuba ubuzima bwabo bwarahindutse cyane.

Imidugudu y'icyitegererezo imaze kuba ikimenyabose nk'igikorwa gitahwa buri mwaka, ndetse mu bihe byo Kwibohora hatahwa iba yarubatswe mu bice bitandukanye.

Iyubatswe ikanatahwa irimo uwa Rweru mu Karere ka Bugesera, uwa Horezo w'i Muhanga, uwa Karama uherereye mu Mujyi wa Kigali, uwa Shyira uri i Nyabihu, uwa Gishuro wubatswe mu Karere ka Nyagatare, uwa Kinigi uri mu Karere ka Musanze n'uwa Muhira uherereye mu Rugerero mu Karere ka Rubavu mu 2023.

Ni igikorwa gifatwa nk'umunsi mukuru kuko iyi midugudu itahwa n'abayobozi bakuru b'igihugu mu kwereka abaturage ko babari hafi kandi babashyigikiye.

Nko ku wa 3 Nyakanga 2019, Perezida Kagame yatashye Umugudugu w'Icyitegererezo wa Karama, uherereye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, watujwemo imiryango 240 yari ituye mu manegeka mu Murenge wa Kigali ku musozi wa Mont Kigali.

Mu yindi yatashye harimo uwa Gishuro wubatse mu Murenge wa Tabagwe i Nyagatare mu 2022. Mbere yaho yatashye uwa Karama, Gishuro, Horezo na Shyira yatashywe mu 2017.

Mu butumwa Perezida Kagame yakunze gutanga ubwo yatahaga iyi midugudu, yitsaga ku kuba ibi bikorwa byubatswe byerekana ko nyuma y'ubutegetsi bubi igihugu cyagize, ko ubu Abanyarwanda banganya uburenganzira ku gihugu cyabo.

â€"  Amanegeka, ibiza, utujagari, byasembuye igitekerezo cyo kubaka imidugudu

Nyuma y'uko Abanyarwanda bagiye bahura n'ibibazo bikomeye byagiye biterwa n'ibiza bamwe bakanahasiga ubuzima, Leta yashyize gahunda y'iterambere ry'imijyi n'imiturire mu zihariye zigomba kwitabwaho mu myaka irindwi ishize, n'ubwo icyorezo cya COVID-19 cyayikomye mu nkokora.

Guverinoma y'u Rwanda yakoze uko ishoboye ishakira ibisubizo bamwe mu Banyarwanda bari batuye mu manegeka kurusha abandi, aho imiryango isaga ibihumbi 17 yimuwe, ubu ikaba itengamaye mu midugudu y'icyitegererezo hirya no hino mu gihugu.

Nko mu 2018, Igihugu cyahombye miliyari 204 Frw kubera ibiza byanahitanye abantu 234, biganjemo abatuye mu manegeka, abandi 268 barakomereka.

Mu 2023, Uturere two mu Ntara y'Iburengerazuba n'Amajyaruguru twibasiwe n'ibiza bihitana ubuzima bw'abarenga 130.

Ibi byarushijeho gukangura ubuyobozi bw'u Rwanda mu rugendo rwo gukomeza gutuza neza abaturage ahadashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Ibarura Rusange ry'Abaturage ryo mu 2022 rigaragaza ko Abanyarwanda 65% batuye mu midugudu. Mu myaka irindwi ishize hubatswe imidugudu 87, ituzwamo imiryango irenga ibihumbi 17.

Kuri ubu u Rwanda rufite imidugudu y'icyitegererezo isaga 250 aho yiyongereye cyane mu myaka irindwi ishize ishize aho yavuye ku 165 mu 2016, yongerwaho ikabakaba mu 100.

Ubwo Perezida Kagame yasuraga Umudugudu wa Horezo mu 2018

Ubwo Perezida Kagame yageraga mu Mudugudu wa Horezo

Umudugudu wa Karama watashywe mu 2019

Aha Perezida Kagame yasobanurirwaga ibindi bikorwa byubatswe n'ingabo z'u Rwanda
Inzu zubatswe muri uyu mudugudu mu buryo bwa '4 in 1'
Ni umudugudu ufite ibikorwa remezo by'ibanze byose
Buri muryango wahawe gaz n'amashyiga awubafasha gucana mu buryo butangiza ikirere
Buri nzu yashyizwemo ibikoresho by'ibanze nk'intebe ndetse na televiziyo
Aha ni mu ruganiriro
Mu cyumba cy'abana ni uku hameze
Izi nzu zifite ubwogero n'ubwiherero byo mu nzu imbere
Iki ni icyumba cy'ababyeyi

Bimwe mu bice bigize Umudugudu wa Gishuro

Uyu mudugudu wubatswe i Tabagwe mu Karere ka Nyagatare
Uyu mudugudu wahawe ibikorwaremezo byose bikenewe
Izi nzu zubatswe neza, mu buryo bujyanye n'igihe

Ubuzima mu Kinigi bwarahindutse

Ku Munini bahawe Umudugudu ugezweho

Umudugudu wa Rugerero watujwemo abimuwe mu bice bitandukanye

Iyo uri mu muhanda Kigali - Rubavu ubona icyapa kikuyobora kuri uyu Mudugudu w'Icyitegererezo
Uyu mudugudu ugizwe n'inyubako zizaba zitanga ubwisanzure ku baturage batishoboye n'abari batuye mu manegeka
Uyu mudugudu wahawe umuhanda wa kaburimbo uwuzenguruka, icyakora nturarangira kubakwa

Umudugudu wa Munini uri mu Karere ka Nyaruguru wahinduye byinshi

Uyu mudugudu w'icyitegererezo wa Munini wubakiwe imiryango itishoboye
Uyu mudugudu wagenewe imiryango 48 igizwe n'abantu 164 barimo abari bamaze igihe basembera abatagira aho kuba, abafite amacumbi ashaje n'abari batuye mu manegeka
Urugo mbonezamikurire y'abana rwa Munini rufite ibice bitandukanye
Urugo mbonezamikurire y'abana rwa Munini rwakira abagera 90
Urugo mbonezamikurire y'abana bato rwa Munini rwitezweho kurandura imirire mibi mu bana bato
Urugo mbonezamikurire rwubakiwe abana b'imiryango yatujwe mu mudugudu n'abaturanyi bayo
Urugo Mbonezamikurire rwa Munini rwitezweho umusaruro mwiza
Umwe mu bana bo mu rugo mbonezamikurire rwa Munini
Mu rugo mbonezamikurire y'abana rwa Munini hari imitako itandukanye ikangura ubwonko bw'abana
Umwana urererwa muri uru rugo mbonezamikurire yitezweho gukurana uburere n'ikinyabupfura
Umudugudu wa Munini watujwemo imiryango 48 itishoboye
Umudugudu w'icyitegererezo wa Munini wubakiwe abaturage kugira ngo babe ahantu heza hatekanye kandi bayoboke ibikorwa bibateza imbere



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ubuzima-bwarahindutse-akanyamuneza-ku-batujwe-mu-midugudu-y-icyitegererezo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)