Uruganda rw'isukari rwasubukuye imirimo, bigira ingaruka ku biciro by'isukari - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri Werurwe 2024 ni bwo hamenyekanye amakuru y'uko Uruganda rw'isukari rwa Kabuye rwahagaritse ibikorwa byarwo by'agateganyo nyuma y'uko hegitari 700 mu 2000 ruhingaho ibiheke zari zangijwe n'ibiza.

Ibi byagize ingaruka ku biciro by'isukari ku isoko ry'imbere mu gihugu byahise bizamuka cyane.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe imiyoborere y'Uruganda rw'Isukari rwa Kabuye, Rwibasira Joel yabwiye RBA ko bakimara gusubukura imirimo ibiciro by'isukari byavuye ku 1600 frw bigahita bigera ku 1200 frw

Ati 'Turavugana na Leta, isanzwe idufasha n'ubusanzwe…umushinga twari dufite wo gukora uruganda runini ariko hagati aho dushake ubutaka kuko ari yo mbogamizi nini ihari, turashaka ko badufasha nibura ibishanga bimwe na bimwe bihari duhingemo na byo twongere umusaruro w'ibisheke kuko bigaragara ko isukari iyo ibonetse uwo mwanya igiciro kimanuka mu buryo bugaragara. Umunsi dusohora isukari hano ibiciro biragwa, bigaragaza ko hari uruhare runini cyane tugira ku isoko.'

Mu mezi atatu ashize, uru ruganda rwashoye miliyoni zisaga 300 Frw mu kurusana.

Ubusanzwe uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya toni 600 z'ibisheke ku munsi, zibyara toni 30 z'isukari itunganyije neza.

Gusa kubera umusaruro muke w'ibisheke, uru ruganda rugaragaza icyuho cya toni ibihumbi 17 ku mwaka, bituma Leta itumiza isukari ku isoko mpuzamahanga.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uruganda-rw-isukari-rwasubukuye-imirimo-bigira-ingaruka-ku-biciro-by-isukari

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)