Abanyarwanda baba mu mahanga bazatorera mu bihugu 70 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni amakuru yatangarije IGIHE ku wa 9 Nyakanga 2024, ndetse anakomoza ku kuba imyiteguro yose ijyanye no gutegura amatora yaba ku bazatorera mu Rwanda no mu mahanga iri kurangira.

Ati ''Muri diaspora amatora agiye kubera muri Ambasade 44 z'u Rwanda mu bihugu 70, ndetse abere kuri site 160 muri ibyo bihugu.''

Mu bindi Charles Munyaneza yagarutseho ni uko ibikoresho byose bizifashishwa mu matora y'Umukuru w'Igihugu n'abadepite byamaze kuboneka, ndetse hagati yo ku wa 12 no ku wa 14 Nyakanga 2024 bikazaba byamaze kugezwa kuri site zizatorerwaho mu Rwanda, mu gihe mu mahanga ho byamaze kugezwa ariko ibya nyuma bikazagezwayo ku wa 11 Nyakanga 2024.

Ni mu gihe n'abazayobora amatora haba mu Rwanda no mu mahanga na bo bamaze guhugurwa. Amasite y'itora na yo yamaze gutegurwa, ibikorwa bya nyuma birimo nko gutegura imihanda ndetse no gushyira umuriro w'amashanyarazi aho utari hazabera amatora na byo biri kurangira.

Urutonde ntakuka rwa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora rugaragaza ko abantu bazatora ari 9.071.157 barimo ab'igitsina gabo barenga miliyoni 4,2, mu gihe abagore barenga 53% by'abazatora bose, bivuze ko ari 4.845.417. Abanyarwanda baba mu mahanga bazatora ni 77.138, barimo abagabo 41.243 n'abagore 35.895.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora (NEC), Charles Munyaneza, yatangaje ko Abanyarwanda bazatorera mu mahanga bazatorera kuri site 160 mu bihugu 70



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-baba-mu-mahanga-bazatorera-mu-bihugu-70

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)