Dutemberane Umugezi Yesu yabatirijwemo n'Umusozi Mose yapfiriyeho (Amafoto) - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aha rero Yesu yamanutse ajya kuri uyu Mugezi, nanjye narahanyuze ubwo nari muri Jordanie, kimwe mu bihugu bikungahaye cyane ku mateka, dore ko kirimo bimwe mu bice Yesu yabayemo.

Ni Igihugu kidakungahaye cyane mu bijyanye n'umutungo kamere, nk'uko bimeze ku bindi bihugu bigikikije, gusa kikaba gikungahaye cyane ku mateka n'umuco, ibyo Minisitiri w'Ubukerarugendo, Makram Mustafa A. Queisi, avuga ko ari 'Peteroli idashira, itazatakaza agaciro, ahubwo agaciro kayo kazarushaho kwiyongera.'

Nasuye iki gihugu ndi kumwe n'itsinda ry'Abanyarwanda 40 ryiganjemo abakora mu rwego rw'ubukerarugendo, ubuzima, uburezi n'ibindi, mu rugendo rwari rugamije kwigira kuri Jordanie, Igihugu gifitanye umubano mwiza n'u Rwanda ariko kikanagira umwihariko wo kuba cyarubatse inzego zituma kigira ubukungu budashingiye ku mutungo kamere, ingingo u Rwanda ruri gushyiramo imbaraga.

Ntabwo ari Igihugu kinini cyane, kuko gikubye u Rwanda hafi inshuro eshatu zirengaho gato, ku buso bwa 89.342 km2, kigaturwa na miliyoni 11 z'abaturage, bagizwe na 95% by'Abayisilamu ndetse na 5% by'Abakirisitu. Aha hari n'umwihariko w'urusengero ruhuza Abayisilamu n'Abakirisitu.

Itsinda ryaturutse mu Rwanda risura Urusengero rwitiriwe Umutagatifu George, ruherereye mu mujyi wa As-salt, rukaba ari rumwe mu nsengero zakira abakirisitu n'abayisilamu muri Jordanie

Amateka agaragaza ko abantu ba mbere batuye muri iki gihugu mu myaka ibihumbi 20 ishize, ndetse igishushanyo cy'umuntu kimaze igihe kinini ku Isi, cyabonetse muri iki gihugu.

Twashyitse ku Kibuga Mpuzamahanga cya Amman, mu Murwa Mukuru wa Jordanie, Igihugu gifite abantu bakirana urugwiro, bakavuga indimi zinganjemo Icyarabu, Icyongereza kikavugwa n'abantu bake.

Umugezi Yesu yabatirijwemo

Bibiliya igaragaza ko Yesu yaje mu Isi afite ubushobozi budasanzwe, ariko akabanza kwisanisha n'imibereho y'abatuye Isi kugira ngo bamwakire, bamwiyumvemo.

Yagombaga gukora imwe mu migenzo yabo, irimo no kubatizwa. Yohani Umubatiza niwe wamubatije, abikorera mu Mugezi wa Yorodani, kuri ubu unyura ku nkombe z'ibihugu nka Jordanie, Israel, Syria ndetse n'ibice bya Palestine nka West Bank, aho ukora ibilometero 251 mbere yo kwinjira mu Nyanja (Dead Sea).

Mu bilometero 7.5 uvuye kuri iyi Nyanja, ugera ku gace ka Betaniya, ari naho Yesu yabatirijwe na Yohani Umubatiza. Ubusanzwe Umugezi wa Yorodani ni Umugezi munini, ariko agace Yesu yabatirijwemo kari ku ruhande rw'uyu mugezi, ahazwi nka Al Maghtas, bisobanuye ahantu hakorerwa igikorwa cyo kubatiza.

Ikidendezi gito cy'amazi kiri aho Yesu yabatirijwe
Aha ni kuri Al Maghtas, bisobanuye Site babatirizaho, akaba ari naho Yesu yabatirijwe
Itsinda ryaturutse mu Rwanda ryasuye Al Maghtas, rireba aho Yesu yabatirijwe

Mu bilometero bibiri uvuye kuri iyi Site Yesu yabatirijweho, ugera ku Buvumo Yohani Umubatiza yari atuyemo, ari naho yatangiriye imirimo yo kubwiriza ubutumwa bwiza.

Ubuvumo bivugwa ko Yohani Umubatiza yabayemo, uretse ko abandi bavuka ko yahoze ari inzu, aho kuba ubuvumo
Itsinda ryaturutse mu Rwanda riri gusengera imbere y'Ubuvumo Yohani Umubatiza yari atuyemo
Itsinda riturutse mu Rwanda risobanurwa imiterere y'Ubuvumo Yohani Umubatiza yari atuyemo
Abanyarwanda bishimiye gusengera ahantu hatagatifu. Aha harimo ba padiri na ba bishop b'amadini atandukanye, bari gusenga

Muri aka gace kandi niho Eliya yahagurukiye asubizwa mu Ijuru, nk'uko bigaragara mu Gitabo cy'Abami ba Kabiri. Kubera amateka akomeye hafite, ba Papa batatu bamaze kuhasura ndetse hasurwa n'abakirisitu benshi buri mwaka.

Itsinda riturutse mu Rwanda risobanurirwa, aho ryari ririmo kwerekwa aho Eliya yari ahagaze ubwo yajyanwaga mu Ijuru
Aha niho Eliya yari ahagaze mbere yo kuzamurwa ajyanwa mu Ijuru, nk'uko inkuru yo muri Bibiliya ibivuga

Umusozi wa Nebo, aho Mose yapfiriye

Twahavuye twerekeza mu Majyepfo y'Uburasizuba, nko mu bilometero 31, aha ni ku Musozi wa Nebo nawo ufite igisobanuro gikomeye mu mibereho y'Abakirisitu.

Mu Gitabo cyo Gutegeka kwa Kabiri, Igice cya 34 umurongo wacyo wa mbere, hagira hati 'Mose ava mu Kibaya cy'i Mowabu kinini, azamuka wa Nebo agera mu Mpinga ya Pisiga, iteganye n'i Yeriko…'

Uyu Musozi Mose yazamutse, niwo ngiye kubabwira kuko nanjye nawuzamutse, ukaba uherereye mu bilometero nka 30 uvuye mu Murwa Mukuru wa Jordan, Amman, ndetse no mu bilometero nka bitandatu uvuye mu Mujyi wa Madaba, ndetse no mu bilometero nka 3.5 uvuye mu Mujyi wa Nebo wanditswe muri Bibiliya, kuri ubu ukaba usigaye witwa Khirbet al Mukhayyat.

Uhagaze ku mpinga y'uyu musozi, niho ushobora kubona Umugezi wa Yorodani, ukareba muri Israel ndetse mu gihe nta gihu gihari, uba ushobora kureba Umujyi wa Yerusalemu.

Nyuma yo kureba Igihugu cy'isezerano ariko ntabashe kukigeramo, Mose yaje kugwa kuri uyu Musozi ndetse bikavugwa ko ari ho ashyinguwe.

Kuri uyu musozi kandi uhasanga ikimenyetso kigaragaza inzoka iri ku nkoni Mose yacuze, iyi ikaba yaracuzwe mu rwego rwo kuvura abari bariwe n'inzoka, nk'uko byanditswe mu Gitabo cyo Kubara, mu Gice cya 21.

Ku Musozi wa Nebo, aho Mose yahagaze ari kureba Igihugu cy'Isezerano. Iyo hatari igihu, uba ushobora kubona muri Israel
Iyo uri ku Musozi wa Nebo, uba witegeye Ikibaya cya Betaniya, ari naho hari Umugezi wa Yorodani
Ikimenyetso cy'inkoni iriho inzoka, cyakozwe na Mose kugira ngo Abisirayeli bayirebeho bakire

Andi mafoto

Iki kiziga gitunzweho urutoki ni urusengero rwitiriwe Papa Yohani Paul ||, mu gihe aho abantu bahagaze, ari ho Eliya yari ahagaze ubwo yajyanwaga mu Ijuru
Ahanditse ibirango by'urugi byakoreshwaga mu gufunga imva
Iri ni ibuye ryakoreshwaga mu gufunga imva, ibuye rimeze gutya niryo ryafunze imva ya Yesu, ari naryo Mariya n'abandi bagore basanze ritari ku mva bakagira ubwoba, mbere y'uko Malayika ababwira ko Yesu yazutse
Ikarita igaragaza Umusozi wa Nebo, ari nawo Musozi Mose yapfiriyeho
Akazu kari iruhande rw'Ubuvumo Yohani Umubatiza yabagamo
Ikarita yerekana Umugezi wa Yorodani, ikaba iri iruhande rw'aho Yesu yabatirijwe
Inyandiko ziri hafi y'aho Yesu yabatirijwe
Ikidendezi gito cy'amazi kiri aho Yesu yabatirijwe
Aha ni kuri Al Maghtas, bisobanuye Site babatirizaho, akaba ari naho Yesu yabatirijwe
Mu bihe by'ubushyuhe, amazi ari muri Al Maghtas aragabanuka cyane agakama, ariko mu bihe bisanzwe aba aruta aya
Ibuye ryashyiriweho Papa Yohani Paul || ubwo yasuraga Umusozi wa Nebo
Inzu iri hafi ya Site ya Al Maghtas, ari naho Yesu yabatirijwe
Akazu kari ku ruhande rw'aho Yesu yabatirijwe
Itsinda ryaturutse mu Rwanda ryasuye Al Maghtas, rireba aho Yesu yabatirijwe
Inzira ituruka aho Eliya yahagurutse ajyanwa mu Ijuru, igana aho Yohani Umubatiza yari atuye
Itsinda riturutse mu Rwanda risobanurwa imiterere y'Ubuvumo Yohani Umubatiza yari atuyemo
Itsinda ryaturutse mu Rwanda riri gusengera imbere y'Ubuvumo Yohani Umubatiza yari atuyemo
Itsinda ryaturutse mu Rwanda riri gusobanurirwa agace ka Al Maghtas ari naho Yesu yabatirijwe
Mu bihe by'ubushyuhe, amazi ari muri Al Maghtas aragabanuka cyane agakama, ariko mu bihe bisanzwe aba aruta aya
Scovia Annaise Uwizeye Kambabazi, Umunyamakuru wa IGIHE, ubwo yari muri ku musozi wa Nebo

Amafoto: Scovia Kambabazi Uwizeye




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/dutemberane-umugezi-yesu-yabatirijwemo-n-umusozi-mose-yapfiriyeho-amafoto

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)