No title

webrwanda
0

Ibyo wamenya kuri sitade Amahoro

Sitade Amahoro ni sitade yagenewe kuberaho ibikorwa bitandukanye byumwihariko umupira w'amaguru. Ni sitade yakira ibihumbi 4570 ikaba ariyo sitade nini mu Rwanda.

Sitade Amahoro niho ubusanzwe ikipe y'igihugu Amavubi yakirira imikino yayo. Iyi sitade yafunguwe bwa mbere mu 1986 mu 2011, 2016 yaravuguruwe, mu 2022 irongera iravugurwa ariko ishyirwa ku rwego mpuzamahanga kuri uyu wa mbere akaba aribwo igiye gutahwa ku mugaragaro.

Mu gihe kigera ku myaka ibiri sitade Amahoro ivugururwa, yuzuye itwaye miliyoni 165 z'amadorari, ikaba igizwe n'ubwatsi bw'imvage irimo karemano n'ubukorano.

Uyu mukino wahawe izina rya Amahoro Stadium Inauguration, ugiye guhuza ikipe ya Police FC na APR FC nk'ikipe zatangiye imyitozo zitegura umwaka w'imikino 2024-25.Aya makipe kandi asigaye afite ihangana ridasanzwe, agiye guhura APR FC ariyo ibitse igikombe cya shampiyona mu gihe Police FC ariyo ibitse igikombe cy'Amahoro.

Uyu mukino ni uwa kabiri ugiye kubera muri iyi sitade kuva yavugururwa, nyuma y'umukino Rayon Sports yanganyijemo na APR FC ubusa ku busa, ubwo iyi sitade yasuzumwaga.



Sitade abafana batangiye kugeramo byumwihariko mu gice cyo hejuru


Ikijyanye no kwinjira kuri iyi nshuro cyari cyitaweho kuko abantu bageraga hafi ya sitade umuvundo ntawo

Bamwe mu bafana ba APR FC bari babukereye




Icyitwa umuvundo cyabaye amateka ubwo abafana binjiraga dore ko na sitade yafunguwe hakiri kare



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/144554/live-apr-fc-yakiriye-police-fc-mu-mukino-wo-gufungura-sitade-amahoro-amafoto-144554.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)