Louise Mushikiwabo yacyeje Inkotanyi zabohoye u Rwanda, umucyo ukirukana umwijima - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni ubutumwa yanyujije kuri konti ye ya X kuri uyu wa 4 Nyakanga 2024, ku munsi mukuru w'isabukuru y'imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.

Ibirori byawo mu Rwanda byizihirijwe muri Stade Amahoro yavuguruwe kandi yongererwa ubushobozi aho ubu yakira abantu ibihumbi 45, bavuye ku bihumbi 25. Byanagaragayemo akarasisi ka gisirikare kari kamaze imyaka itanu kataba.

Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo yagize ati 'Abachou beza aho muri hose: Kwibohora30 ubabere mwiza bidasanzwe! Dusubije amaso inyuma kuri uru rugendo aho umucyo wirukanye umwijima, tukaba ducyeza abadukijije, umutima utuje ariko tutirara, twavuga byinshi pe! Nkotanyi zacu bwite, muragahorana Imana y'i Rwanda!'

Isabukuru ya 30 yo kwibohora yizihijwe mu gihe u Rwanda rumaze imyaka 30 nta ntambara iba mu gihugu, nta vangura, abaturage bose biyumvamo ubunyarwanda.

Mu byerekeye iterambere ry'ubukungu, imibereho myiza n'imiyoborere na ho intambwe yatewe irashimishije.

Ubushakashatsi ngarukamwaka ku miyoborere bukorwa n'Urwego rw'Imiyoborere, RGB, buzwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS) bwagaragaje ko urwego rw'umutekano rwaje ku isonga mu kwizerwa n'abaturage mu 2023, aho rufite amanota 93.63%.

Hari hashize imyaka itanu akarasisi ka gisirikare gataba mu kwizihiza isabukuru yo kwibohora
Akarasisi kakozwe bagera aho bandika umubare 30 mu buryo bunogeye ijisho
Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo yashimye Inkotanyi zakijije Abanyarwanda



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/louise-mushikiwabo-yacyeje-inkotanyi-zabohoye-u-rwanda-umucyo-ukirukana

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)