Umunyamahirwe wa kabiri yatsindiye itike y'indege muri 'Egypt & Middle East Expo' - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubwo hasozwaga iyo tombola yaberaga muri iri murikagurisha kuri uyu wa 20 Nyakanga 2024, umunyamahirwe wa kabiri yatsindiye itike y'indege ijya mu Misiri izaba iherekejwe n'ibikenerwa mu rugendo byose no gutemberezwa mu gihe kingana n'icyumweru.

Uyu munyamahirwe witwa Uwera Nyagasani yatsindiye iyi tike nyuma ya Mutoni Emeline Gazelle wayitsindiye mu cyumweru gishize aho abo bambi buri umwe azahitamo undi muntu bazajyana bose hamwe bakaba bane.

Ayo matike azaba agizwe n'amafaranga y'urugendo n'amafaranga yo gutemebera mu Misiri iminsi itanu, hoteli, amafunguro n'ibindi bikenerwa byose ndetse n'amatike yo kubagarura.

Umuhuzabikorwa wa 'Egypt & Middle East Expo', Haguma Natacha, avuga ko tombola yo gutsindira amatike ari agashya muri uyu mwaka mu rwego rwo kurushaho gusyikirana no kongera abakiriya babagana.

Yagize ati 'Ubusanzwe habagaho nka tombola y'amamashini, intebe n'ibindi ariko ubu twashatse gukora agashya muri uyu mwaka. Twazanye igikorwa cyo gutombola amatike y'indege dufatanyije na Sosiyete y'Ubwikorezi bwo mu Kirere ya EgyptAir. Twashakaga gukangurira abaguzi kuza muri Expo cyane kuko abanyamahanga bakunda igihugu cyacu rero nta kuntu baza kumurika ibicuruzwa baturutse mu bihugu 50 ngo babure umubare munini w'ababagurira'.

Yavuze kandi ko iri murikagurisha rimaze kwiyubaka mu buryo bugaragara mu myaka 18 rimaze.

Yagize ati 'Iri murikagurisha rigeze ahantu heza kuko ryatangiye riba rimwe mu mwaka ariko ubu riba kabiri. Ibicuruzwa bizamo barabikunda kandi n'abacuruzi bishimira u Rwanda. Ribaye ku nshuro ya 18 kandi ubu twaje ahantu heza hagutse twazanyemo ibikoresho by'igikoni abantu bakunda kandi hiyongeyemo ibihugu bishya nka Türkiye na Syria, ubu byose hamwe bigeze kuri 50 kandi byaratangiye ari 20 gusa'.

Haguma yongeyeho ko iri murikagurisha ubu buri munsi ryitabirwa n'abagera mu gihumbi mu minsi y'imibyizi mu gihe mu mpera z'icyuweru ho bagera mu 3000.

Yasasbye kandi abatararijyamo kuryitabira bataraciknwa kuko hasigaye iminsi mike rigasozwa ku itariki 22 Nyakanga ari na bwo abatsindiye amatike y'indege bazayahabwa ku mugaragaro.

Haguma Natacha avuga ko tombola yo gutsindira amatike ari agashya muri uyu mwaka mu rwego rwo kurushaho gusyikirana no kongera abakiriya babagana
Uwera Nyagasani ni uwa kabiri watsindiye itike y'indege ijya mu Misiri

Amwe mu mafoto y'ibicuruzwa biri muri 'Egypt & Middle East Expo'

Amafoto: Kasiro Claude




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunyamahirwe-wa-kabiri-yatsindiye-itike-y-indege-muri-egypt-middle-east-expo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)