Umwihariko w'igitaramo Sheebah agiye guhuriramo n'abarimo Bwiza na Bushali - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Yesashimwe Regis uzwi nka Regy Banks uri mu bari gutegura iki gitaramo, yabwiye IGIHE ko gifite umwihariko wo kuzaba gihuriyemo abahanzi b'injyana zitandukanye. Ati 'Ni igitaramo twatekereje dushaka guhuza abahanzi b'injyana zitandukanye. Twashatse gushyira igorora abakunzi b'umuziki.''

Yakomeje avuga ko iki gitaramo by'umwihariko ababyinnyi barimo bazigaragaza mu mbyino zinogeye ijisho, ndetse n'aba-Djs barimo bakazagerageza uko bashoboye abitabiriye bakishima.

Yavuze ko ari ubwa mbere bateguye igitaramo nk'iki ariko ko kizajya kiba buri mwaka. Yavuze ko batekereje kuzana Sheebah kuko afite abakunzi benshi mu Rwanda kandi by'umwihariko akaba yari amaze imyaka ibiri atahakandagira kuko yahaherukaga ku wa 12 Kanama 2022 ubwo yari yatumiwe mu Iserukiramuco 'ATHF' ryabereye ku musozi wa Rebero.

Iki gitaramo giteganyijwe kuba ku wa 17 Kanama 2024 cyiswe 'The Keza Camp Out Experience First Edition'', kizabera muri Camp Kigali. Kizaririmbamo abandi bahanzi barimo Bushali na Bwiza.

Mu gihe ababyinnyi barimo General Benda, Jojo Breezy, Divine Uwa na Shakira Kay bazifashishwa mu gususurutsa abazitabira. DJ Crush na DJ Phil Peter nibo bazavanga imiziki, mu gihe Anita Pendo na MC Tino aribo bazaba abashyushyarugamba muri iki gitaramo.

Kwinjira 10.000 Frw, 20.000 Frw, 40.000 Frw ndetse n'ameza ya 400. 000 Frw. ku za bazagurira amatike ku muryango haziyingeraho 5000 Frw mu gihe ku meza ya 400.000 Frw haziyongeraho 100.000 Frw.

Sheebah agiye kuza mu Rwanda nyuma y'imyaka ibiri
Bwiza azaririmba muri iki gitaramo



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umwihariko-w-igitaramo-sheebah-agiye-guhuriramo-n-abarimo-bwiza-na-bushali

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)