Abanyamakuru b'imikino 12 mu Rwanda bongerewe ubumenyi kuri Swimming (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ishyirahamwe ry'Umukino wo Koga mu Rwanda (RSF), ryatanze amahugurwa y'iminsi 2 ku banyamakuru b'imikino baturutse mu bitangazamakuru bitandukanye mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa birushijeho uyu mukino.

Ni amahugurwa yabaye ku wa Gatatu no ku wa Kane tariki ya 7-8 Kanama 2024, akaba yaratanzwe n'inzobere muri uyu mukino, Rafiki Jean Claude.

Abanyamakuru bahuguwe bagera kuri 12, bahawe ubumenyi ku nyogo ziba muri uyu mukino n'uburyo zogwamo nka "Butterfly", "Breaststroke", "Backstoke", "Freestyle", "Individual Medley", "Medley Relay", "Freestyle Relay" na "Mixed Relay".

Aha ni ho Rafiki yabwiye abanyamakuru ko izo nyogo nta kinyarwanda zigira bitandukanye n'abajyaga bagerageza kugoragoza kugira ngo babishyire mu kinyarwanda. Yavuze ko kandi uyu mukino ugira amagambo (terms) yihariye akoreshwa uko ari atajya ahindurwa.

Ibindi bahuguwemo ni amwe mu mategeko agenga uyu mukino, amakosa umukinnyi ashobora gukora agahita asezererwa mu irushanwa, basobanurwa inshingano z'abasifuzi cyangwa abayobora amarushanwa bzawi nka "Officials" n'ibindi.

Umuyobozi wa RSF, Girimbabazi Rugabira Pamela wabonetse ku munsi wo gufungura aya mahugurwa, yasabye abanyamakuru gukomeza kumenyekanisha uyu mukino mu biganiro bya bo bakora.

Ati "muri bamwe mu bafatanyabikorwa dufite, mudahari n'ibyo dukora biragoye ko byagera ku banyarwanda, rero mudufashe mukomeze mumenyekanishe uyu mukino, mudufashe kuwuzamura, muwukundishe abanyarwanda."

Uzabakiriho Innocent akaba visi perezida wa RSF wasoje aya mahugurwa, yashimiye abanyamakuru bitabiriye ariko abibutsa ko uyu mukino utatera imbere batabigezemo uruhare.

Aya mahugurwa yasoje abayitabiriye bahabwa certificate zigaragaza ko bitabiriye amahugurwa y'iminsi ibiri yari agamije kubobgerera ubumenyi kuri Swimming.

Abanyamakuru bahuguwe
Rafiki Jean Claude ni we watanze amahugurwa
Habagaho igihe cyo gutanga umukoro kugira ngo harebwe niba ibyo bigishijwe babifashe
Iradukunda Karugenge Yvonne wa B&B Kigali FM
Eddie Nsabimana wa The New Times
Imani Isaac Rabbin wa Isango Star
Ishimwe Adelaide Ida wa Radio&TV10
Uzabakiriho Innocent, visi perezida wa RSF yashimiye abanyamakuru bitabiriye amahugurwa
Hafashwe ifoto y'urwibutso



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abanyamakuru-b-imikino-12-mu-rwanda-bongerewe-ubumenyi-kuri-swimming-amafoto

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)