Bwa mbere The Ben na Bruce Melodie bagiye guh... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Bizabera kuri Kigali Convention Center, ku wa Gatandatu tariki 7 Nzeri 2024 guhera Saa Kumi n'imwe z'umugoroba, mu rwego rwo gushakira hamwe inkunga n'ubundi bumenyi buzakomeza gushyigikira Sherrie Silver mu kwita ku bana batishoboye babarizwa mu murango w'ubugiraneza yashinze.

Uyu mukobwa wavukiye i Huye, ariko akamara ku rwego mpuzamahanga binyuze mu kubyina, amaze iminsi agaragaza bamwe mu bantu bazamufasha muri ibi birori, avuga ko byihariye mu rugendo rwe rw'ubuzima, kuko bizahuriza hamwe abahanzi, abanyamideli, abavuga rikijyana mu ngeri zinyuranye z'ubuzima, abanyapolitiki n'abandi.

Yagaragaje ko bizayoborwa n'umunyarwenya Nkusi Arthur ndetse n'umunyamakuru Makeda, ni mu gihe Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w'u Rwanda 2020, azayobora ibirori byo gutambuka ku itapi itukura bizwi nka 'Red Carpet'.

Ni ibirori avuga ko bizaririmbamo Bruce Melodie, abana babarizwa muri Sherrie Silver Foundation ndetse n'umuhanzikazi Boukuru wahatanye muri ArtRwanda-Ubuhanzi.

Ariko kandi abazitabira ibi birori bazasusurutswa n'umuziki uzavangwa na Dj Toxxyk uzasimburana na Dj Sonia usanzwe ukorera Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru.

Sherrie Silver asobanura ko kwitabira ibi birori bizasaba kwambara imyambaro yihariye, ndetse bizarangwa n'umusangiro uzahuza ibihumbi by'abantu.

The Ben ntabwo azaririmba muri ibi birori nk'uko bizagenda kuri Bruce Melodie. Ahubwo we yashyizwe mu bazatanga ibiganiro (Speakers), aho azahuriramo na Fred Swaniker, Umunya-Ghana washinze African Leadership University.

Ni ubwa mbere The Ben na Bruce Melodie bazaba bahuriye mu birori nk'ibi nyuma y'igihe badaca uwaka. Bruce Melodie aherutse kumvikanisha ko nta kibazo afitanye na The Ben, kandi ko niba gihari yiteguye kuzahura nawe bakaganira, bagashakira umuti hamwe.

Ku wa 10 Mutarama 2024, Bruce Melodie yasuye abana babarizwa muri Sherrie Silver Foundation, icyo gihe bahuje imbaraga basubiramo indirimbo ye yise 'When she's around'. Ku rubuga rwa Youtube aho yashyizwe imaze kurebwa n'abantu barenga ibihumbi 349.

Ni mu gihe The Ben yasuye aba bana tariki 5 Mutarama 2024, basubiranamo indirimbo ye yise 'Ni Forever'. Icyo gihe, uyu muririmbyi witeguraga gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje ko yakozwe ku mutima n'impano z'aba bana.


The Ben ategerejwe mu bazatanga ikiganiro mu birori byihariye bya 'The Silver Gala'


Bruce Melodie azaririmba muri ibi birori byubakiye ku gushakira inkunga yo gukomeza gufasha abana babarizwa mu muryango Sherrie Silver Foundation


Sherrie Silver agaragaza ko yatumiye aba bahanzi kubera ko ari inshuti ze z'igihe kirekire


Ibirori bya 'The Silver Gala' bizaba ku wa 7 Nzeri 2024 muri Kigali Convention Center


Umuhanzikazi Boukuru azaririmba muri ibi birori bigiye kuba ku nshuro ya mbere


Dj Toxxyk azacuranga muri ibi birori bizahuza abavuga rikijyana mu ngeri zinyuranye z'ubuzima


Dj Sonia azavanga umuziki muri ibi birori bizarangwa no gutambuka ku itapi y'umutuku


Bruce Melodie yasuye abana babarizwa muri Sherrie Silver Foundation, ku wa 10 Mutarama 2024


The Ben yasuye abana babarizwa muri uyu muryango, ku wa 5 Mutarama2024 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'WHEN SHE'S AROUND'

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NI FOREVER'

">



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/146298/bwa-mbere-the-ben-na-bruce-melodie-bagiye-guhurira-mu-birori-146298.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)