Igikoni cyo muri 2000 Hotel cyafashwe n'inkongi (Amafoto) - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iyo mpanuka yabaye mu masaha ya mu gitondo ahagana saa moya n'iminota mike kuri uyu wa Kane tariki 8 Kanama, ariko abakozi bo mu gikoni n'abandi bo muri iyo nyubako bafatanyije kuzimya uwo muriro utarangiza byinshi.

Umwe mu bo twaganiriye yagaragaje ko inkongi yaturutse ku mavuta yo gutekesha yatse umuriro bityo ugahita ukwira hose.

Yagize ati 'Inkongi yaturutse ku mavuta yo gutekesha yatse umuriro ugakwira hose. Twahise dutangira kuwuzimya dukoresheje za kizimyamwoto z'imbere mu nyubako, tubasha kuwuzimya utarangiza byinshi ariko byari bigoye.'

Ugeze muri iyo nyubako ya 2000 hotel ubona ko imirimo yakomeje gukorwa nk'uko bisanzwe uretse mu igorofa rya Gatanu kubera ubwoba bw'uko uwo muriro washoboraga kwangiza byinshi.

Ku bw'amahirwe umuriro wabashije kuzimywa utarangiza byinshi uretse ibikoresho byo mu gikoni n'igisenge cyacyo nk'aho wahereye.

Hahise hifashishwa ibikoresho bizimya umuriro byo muri iyo nyubako babasha kuwuzimya
Abakozi barwana no kuzimya ku gikoni
Uwareberega kure y'iyo nyubako yabonaga uko umuriro uzamukana imbaraga



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/igikoni-cyo-muri-2000-hotel-cyafashwe-n-inkongi-amafoto

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)