ITETERE FAMILY yiteguye guhereza abana 11 ibikoresho by'Ishuri - YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuryango ITETERE FAMILY, washinzwe mu 2018, ukomeje ibikorwa byawo byo gufasha abana baturuka mu miryango itishoboye mu karere ka Muhanga. Ku nshuro ya gatanu, uyu muryango uha abana 11 ibikoresho by'ishuri, imyambaro, inkweto, ubwisungane mu kwivuza, n'ibindi bikenerwa kugira ngo bige neza.

Yvette Niyonizeye, umuyobozi w'uyu muryango, yatangaje ko intego yabo ari ukongera umubare w'abafashwa, bagamije gutuma abana bagira ibisabwa byose mu myigire yabo. Yavuze ko igikorwa cyo gutanga ibikoresho kizaba ku wa 15 Nzeri 2024 mu karere ka Muhanga. Yashishikarije Abanyarwanda bose kugira uruhare muri iki gikorwa, yibutsa ko buri wese ashobora gutanga inkunga ye ku buryo buzwi. Uyu muryango ufite intego yo gukomeza kwaguka no gufasha abana kuva mu mashuri y'incuke kugeza barangije ayisumbuye.

Abagize umuryango
Bimwe mu bikoresho bizatangwa
Abagize umuryango wa ITETERE FAMILY



Source : https://yegob.rw/303867-2/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)