Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukinnyi wo hagati mu Kibuga, Manishimwe Djabel wakiniraga ikipe ya Air Force Club mu Cyiciro cya Mbere muri Iraq, yerekeje muri Naft Al-Wasat Sports Club yo mu Cyiciro cya Kabiri muri icyo gihugu.

Manishimwe utaratinze mu ikipe ya Air Force Club kuko yayigezemo muri Gashyantare 2024, yerekeje muri Naft Al-Wasat Sports Club yo mu Cyiciro cya Kabiri ku masezerano y'umwaka umwe.

Naft Al-Wasat Sports Club ni ikipe itamaze igihe kinini kuko yashinzwe mu 2008 ikina imyaka itatu mu Cyiciro cya Gatatu mbere yo gukina indi mu cya kabiri.

Mu mwaka w'imikino wa 2014/15 yazamutse mu Cyiciro cya Mbere ndetse ikora amateka yo guhita yegukana Igikombe cya Shampiyona mu mwaka wa mbere. Nyuma yaje gusubira mu Cyiciro cya Kabiri ari na ho ibarizwa kugeza ubu.

Manishimwe w'imyaka 26, yanyuze mu makipe menshi mu Rwanda nka Isonga, Rayon Sports, APR FC na Mukura. Hanze y'u Rwanda yanyuze muri USM Khenchela yo muri Algeria na Air Force Club yo muri Iraq.

The post Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/manishimwe-djabel-akomereje-akazi-mu-ikipe-yo-mu-kiciro-cya-kabiri-avuye-mu-cya-mbere-muri-iraq/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=manishimwe-djabel-akomereje-akazi-mu-ikipe-yo-mu-kiciro-cya-kabiri-avuye-mu-cya-mbere-muri-iraq

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)