Minisitiri Utumatwishima yagaye umubyinnyi wa Sheebah, n'abyinishaga abakobwa bambaye ubusa - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Yabigarutseho mu butumwa yacishije ku rubuga rwa X, ati 'Twirengagize abanamba ku muco. Ariko se abagabo n'abagore bakoze kiriya gikorwa cyo kubyinisha abakobwa bambaye ubusa nizo business twahisemo?'

'Ababyinnyi ba Sheebah nabo babirinduye umwana w'umuhungu, ni kuriya twahisemo imyidagaduro? Ese ni rwo #Rwanda twifuza?'

Twirengagize umuco brigade

Ariko man:

1. Abagabo n'abagore bakoze kiriya gikorwa cyo kubyinisha abakobwa bambaye ubusa nizo business twahisemo?

2. Ababyinnyi ba Sheba nabo babirinduye umwana w'umuhungu, ni kuriya twahisemo #entertainment 😢?

🤔Ese ni rwo #Rwanda twifuza? pic.twitter.com/VUdpQaAbsH

â€" UTUMATWISHIMA (@jnabdallah) August 20, 2024

Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yatanze ubu butumwa aho yagarukaga ku biheruka kuba; mu ijoro ryo ku wa 18 Kanama aho abakobwa bafatiwe mu kabyiniro babyina bambaye ubusa ndetse bafatanwa n'abandi bari baje kwihera ijisho. Aba bombi batawe muri yombi ni 22.

Ndetse muri iryo joro umubyinnyi wa Sheebah yabyinishije umuhungu hafi yo kumuritsa umugongo, amuhindukiza buri kanya. Ibi nabyo byaciye igikuba ku mbuga nkoranyambaga.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-utumatwishima-yagaye-umubyinnyi-wa-sheebah-n-abarebaga-abakobwa

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)