Abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 nibo bazitabira irushanwa rya Tennis, Rwanda Open M25 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kuri uyu wa gatanu tariki 20 Nzeri 2024 nibwo Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umukino wa Tennis mu Rwanda, Théoneste Karenzi yemeje ko abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 bazitabira irushanwa rya Tennis rizwi nka 'Rwanda Open M25'.

Ibi uyu muyobozi yabyemereje mu kiganiro n'itangazamakuru aho ryagarukaga ku myiteguro yaryo, aha Perezida Karenzi akaba yari kumwe n'Umuyobozi ushinzwe ibya Tekiniki, Eric Uwamahoro Bimenyimana.

Uyu mwaka iri rushanwa rizaba ibyumweru bibiri; tariki ya 23-29 Nzeri no kuva tariki ya 30 Nzeri kugeza ku wa 6 Ukwakira ku bibuga byo muri IPRC Kigali.

Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umukino wa Tennis mu Rwanda, Théoneste Karenzi, yavuze ko biteguye neza iri rushanwa ryashowemo ari hagati ya miliyoni 120 Frw n'asaga miliyoni 150 Frw.

Ati 'Irushanwa turyiteguye neza kandi tumaze kumenyera. Abakinnyi bacu twizeye ko bazahatana ariko nk'uko nabivuze Abanyarwanda bazaze gushyigikira aba bana kuko na bo bagira ishyaka ryo gukina neza.'

Ishimwe Claude, nimero ya mbere muri Tennis mu Rwanda, yavuze ko biteguye neza iri rushanwa.

Ati 'Turiteguye ibishoboka byose, icyo kubizeza mu marushanwa ni uko tuzakora uko dushoboye kugira ngo twerekane ko tuzabikora.''

Irushanwa rya Tennis rya 'Rwanda Open M25' rigiye kuba ku nshuro ya kabiri kuva rishyizwe ku ngengabihe ya ITF Word Tennis Tour 'Futures'

Rwanda Open M25' iri ku rwego rwa gatatu rw'amarushanwa akomeye ku Isi ndetse itanga amanota ku rutonde rwa ATP.

The post Abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 nibo bazitabira irushanwa rya Tennis, Rwanda Open M25 appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/abakinnyi-64-bo-mu-bihugu-22-nibo-bazitabira-irushanwa-rya-tennis-rwanda-open-m25/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abakinnyi-64-bo-mu-bihugu-22-nibo-bazitabira-irushanwa-rya-tennis-rwanda-open-m25

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)