Bamaze imyaka itanu bangirizwa n'amazi ava ku muhanda Kigali-Rusumo - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abaganiriye na BTN batifuje kumenyekana bagaragaje ko ahanini ikibazo gishingiye ku kuba amazi ava kuri uwo muhanda atarubakiwe inzira, ahubwo akayoborwa mu mirima yabo agacamo za ruhurura bikaba bibangiriza umusaruro w'ibyo bahahinga ku buryo bukomeye.

Umwe yagize ati 'Ikawa n'urutoki n'ibishyimbo mpinga byose amazi araza akabitwara. N'ibiti bisanzwe ndetse n'ibya avoka n'iby'imyembe byose byararimbutse'.

Undi yagize ati 'Nka njye mfite umwana wiga mu mashuri yisumbuye ariko nta mafaranga mfite kuko ayo nari nashoye mu kugura ifumbire yo gushyira ku ikawa yarahombye. Izo kawa amazi yazitwaye zikiri ingemwe ndetse hari n'umuyoboro uca mu murima watwaye ibishyimbo nari mpafite'.

Abo bahinzi bagaragaza ko icyo kibazo batagicecetse ariko ko ubuyobozi bw'inzego z'ibanze nta cyo bwabamariye mu myaka yose ishize.

Umwe muri bo ati 'Abayobozi batubwiye ko bazahagera ariko nta wahageze, twandikiye n'akarere ariko nta gisubizo twabonye. Uwo twari twashyizeho ngo aduhagararire kuri iki kabazo baramubwiye ngo 'nta kintu yemerewe kuzongera kubaza mu karere', ubwo na we abishyira hasi. Baranatubwiye ngo dukore urutonde rw'ibyangijwe n'amazi ya ba nyirabyo na bwo dutegereza igisubizo ntitwakibonye'.

Umuyobozi w'Ikigo k'Igihugu gishinzwe Iterambere ry'Ubwikorezi (RTDA), Imena Munyampenda yavuze ko ku wa Mbere ku itariki 23 Nzeri 2024 azatanga igisubizo gihamye kuri iki kibazo.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bamaze-imyaka-itanu-bangirizwa-n-amazi-ava-ku-muhanda-kigali-rusumo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)