Harimo n'itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w'u Rwanda na Nigeria #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ishyirahamwe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryamaze gutangaza ko ku mukino uzahuza u Rwanda na Nigeria tariki ya 10 Nzeri 2024 harimo itike ya Miliyoni imwe y'Amafaranga y'u Rwanda.

Ni ibiciro bigiye hanze habura iminsi itari myinshi ngo uyu mukino ukinwe, ni umukino uzabera kuri Sitade Amahoro kuwa kabiri c'icyumweru gitaha ukazakinwa guhera ku isaha ya Saa Cyenda z'Amanywa.

Muri uyu mukino itike ya make yo kuwureba muri Stade izaba ari amafaranga ibihumbi bibiri, mu gihe iya menshi ari iya Miliyoni muri Executive Box, icyumba cy'abanyacyubahiro kijyamo abagera kuri 16.

Kwinjira ahasanzwe haba hasi cyangwa se hejuru abakunzi b'Amavubi bazishyura 2000 Frw, VIP ni ibihumbi 20 Frw naho Business Suite iri ahazwi nka 'Executive Seat' ikaba ari ibihumbi 50 Frw ndetse nyine na 'Executive Box' igura yashyizwe kuri 1 000 000 Frw.

Executive Box ni icyumba cy'abanyacyubahiro gikunze kuba ari gito kitajyamo abantu benshi kuko bakunze kuba bari hagati ya 14-16, kiba kirimo insakazamashusho, ibyo kurya no kunywa byiyongera ku mwanya mwiza uba ureba mu kibuga neza.

Uyu ni umukino wo mu itsinda rya D ryo gushaka itike y'igikombe cya Afurika 2025 kizabera mu gihugu cya Morocco guhera m'Ukuboza 2025 kugeza muri Mutarama 2026.

Uyu mukino w'umunsi wa Kabiri ugiye gukinwa nyuma yaho umukino wa mbere wasize u Rwanda runganyine na Libya igitego kimwe kuri kimwe, Nigeria yi ikazakina na Benin mu mpera z'iki cyumweru.

The post Harimo n'itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w'u Rwanda na Nigeria appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/harimo-nitike-ya-miliyoni-ferwafa-yatangaje-ibiciro-ku-mukino-wu-rwanda-na-nigeria/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=harimo-nitike-ya-miliyoni-ferwafa-yatangaje-ibiciro-ku-mukino-wu-rwanda-na-nigeria

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)