Intara y'Amajyepfo yahize kugabanya igwingira mu bana rikagera kuri 15% - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Amajyepfo, Nshimiyimana Védaste yatangaje ko uwo muhigo iyo ntara ifite uzagerwaho binyuze mu gukomeza guha abana amata n'izindi nyunganiramirire ndetse no gushyira imabaraga mu marerero.

Yagize ati 'Tuzakomeza guha abana bo mu miryango ikennye amata n'inyunganiramirire bafatira kwa muganga. Tuzashyira kandi imbaraga mu marerero nibura kuri buri kagari hajye irikora neza kugira ngo n'abaturage baganire ku bibazo bishingiye ku igwingira'.

Nshimiyimana yakomeje avuga ko kandi hazanatangwa inkunga y'amafaranga mu rwego rwo guhangana n'icyo kibazo cy'igwingira mu Ntara y'Amajepfo.

Ati 'Ikindi tuzakomeza ni ukubarura imiryango ishobora kugwingiza abana mu midugugu. Akenshi baba ari ababyeyi bakennye cyane, bazigishwa ariko banahabwe amafaranga. Tuzita kandi kuri buri mubyeyi utwite wo umri iyo miryango ikennye cyane ndetse duherekeze uwo mwana atwite kugeza agize imyaka ibiri'.

Tumwe mu turere tugize iyi ntara imibare igaragaza ko igwingira ry'abana ryagiye rigabanuka aho nk'Akarere ka Nyamagabe kavuye kuri 33% by'abana bari munsi y'imyaka ibiri bari bafite ikibazo cy'igwingira mu myaka ine ishize ubu bakaba bageze kuri 19%.

Muri Muhanga mu myaka irindwi ishize ho bari bari kuri 39% ubu babakaba baragabanyije uwo mubare bagera kuri 12%.

Ubushakashatsi ku buzima n'imibereho y'abaturage (DHS) bwa 2019/2020 bwagaragaje ko ikibazo cy'imirire mibi n'igwigira mu bana bari munsi y'imyaka itanu cyari kuri 33% bivuye kuri 38% muri 2015.

Intara y'Amajyaruguru ubwo bushakashasti bwerekanye ko yari iro 41% by'abana bagwingiye, Iburengerazuba bakagira 40% by'abo bana, Amajyepfo 33% naho Umujyi wa Kigali wri ufite 21% by'abo bana.

Gahunda y'Igihugu yo kwihutisha iterambere mu cyiciro cyayo cya kabiri (NST2) izagenderwaho mu myaka itanu iri imbere igaragaza ko hazashyirwa imbaraga mu kurwanya imirire mibi ku buryo igwingira ry'abana rizava kuri 33% rikagera kuri 15% mu Gihugu.

Imibare y'abana bari mu mirire myiza mu Ntara y'Aamajyepfo igiye kongerwa
Nshimiyimana Védaste yatangaje ko uwo muhigo iyo ntara ifite uzagerwaho binyuze mu gukomeza guha abana amata n'izindi nyunganiramirire ndetse no gushyira imabaraga mu marerero



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/intara-y-amajyepfo-yahize-kugabanya-igwingira-mu-bana-rikagera-kuri-15

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)