U Budage bwatanze igitekerezo cyo kohereza abimukira mu Rwanda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni ingingo Joachim Stamp yagarutseho mu kiganiro yagiranye na Table Media kijya hanze kuri uyu wa Kane.

Uyu mugabo yavuze ko Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi ukwiriye kubyaza umusaruro amasezerano u Bwongereza bwari bufitanye n'u Rwanda ku bijyanye n'abimukira ariko bugahitamo kuyikuramo.

Mu gitekerezo Joachim Stamp yatanze yasabye ko mu gihe iyi gahunda yaba igiye gushyirwa mu bikorwa n'Umuryango w'Abibumbye wagira uruhare mu kugenzura uko bikorwa.

Igitekerezo cya Joachim Stamp kije gikurikira ibyatangajwe n'Ishyaka CDU (Christian Democrats Union) rikomeye mu Budage rivuga ko rishyigikiye gahunda y'u Bwongereza yo kohereza abimukira mu Rwanda, risaba ko n'u Budage bwabigenza gutyo.

Jens Spahn uri mu bayobozi bakuru ba CDU yavuze ko bashyigikiye ko abimukira bajya mu Budage mu buryo butemewe n'amategeko bajya boherezwa mu Rwanda, Ghana cyangwa mu kindi gihugu kitari mu muryango w'Ubumwe bw'u Burayi.

Spahn yasobanuye ko iyo Guverinoma y'u Budage ibigenza gutyo ubu abimukira bajyayo bakabaye baragabanutse.

Yagize ati 'Iyo tubikora mu byumweru bine, bitandatu, umunani, twari kubona umubare wagabanyutse cyane.'

Uyu munyapolitiki yatangaga ibisobanuro ku mushinga w'impapuro 70 CDU iherutse gushyikiriza Inteko Ishinga Amategeko, igaragaza uburyo umubare w'abimukira bajya mu Budage wagabanuka cyane, bagiye boherezwa mu kindi gihugu cyakwemera kubakira.

Mu 2022 ni bwo u Rwanda n'u Bwongereza byasinyanye amasezerano yo kurwoherezamo abimukira babwinjiramo bitemewe n'amategeko, hakoreshejwe ubwato buto.

Nyuma y'uko u Bwongereza bugaragaje ko butazakomeza amasezerano bwagiranye n'u Rwanda ku bijyanye n'ababwinjiramo binyuranyije n'amategeko, u Rwanda rwagaragaje ko rwamenye uwo mwanzuro, ariko rwiteguye gukomeza gufasha igihe cyose byaba ngombwa.

Rwagaragaje ko n'ubu nta cyahindutse rukirajwe ishinga no kugira uruhare mu gukemura ibibazo by'abimukira bibangamiye Isi ariko hitabwa ku mutekano wabo na cyane ko nk'igihugu cyanyuze mu bibi byinshi, ruzi icyo ubuhunzi buvuze.

Ati 'Kugeza ubu nta kindi gihugu cya gatatu dufite cyagaragaje ubushake uretse u Rwanda.'

Yavuze ko iyi gahunda yakwibanda ku bimukira binjira i Burayi banyuze ku mipaka yo mu Burasirazuba.

Ati 'Igitekerezo cyanjye ni uko twibanda kuri aba bantu. Buri mwaka barenga ibihumbi 10.'

Komiseri w'u Budage ushinzwe ibijyanye n'abinjira n'abasohoka, Joachim Stamp



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-budage-bwasabye-ibihugu-bigize-eu-kwinjira-muri-gahunda-yo-kohereza-abimukira

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)