Umwalimu SACCO yabaye umunyamuryango wa Women in Finance Rwanda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

WIFR yashyizweho kugira ngo uhuze ibigo bafatanyirize hamwe kongerera ubushobozi abagore bakora mu rwego rw'imari binyuze mu mahugurwa atandukanye azagenda atangwa no kungurana ibitekerezo.

Kuri uyu wa 24 Nzeri 2024, ubwo WIFR yakiraga iyi Koperative,Umuyobozi Mukuru wa Umwalimu SACCO, Laurence Uwambaje, yavuze ko binyuze mu bufatanye bw'impande zombi, iyi koperative izakomeza kubahiriza ihame ry'uburinganire mu nzego zose haharanirwa ahazaza hafite inyungu.

Ati 'Tuzakomeza kandi gutanga amahirwe angana, no guharanira ko abakozi bose bafatwa neza kandi kimwe, hatitawe ku gitsina cyangwa uko umuntu agaragara.'

Umwalimu SACCO yashinzwe mu mwaka wa 2006, Banki Nkuru y'Igihugu [BNR] iyiha icyangombwa cyo gukora nk'ikigo cy'imari mu Rwanda ku itariki ya 22 Gashyantare 2008. Kugeza ubu ifite abanyamuryango barenga 120,000 n'amashami arenga 30 mu gihugu.

Umwe mu batangije WIFR akaba n'Umuyobozi Mukuru wa Copedu Plc, Raissa Muyango, yagaragaje ko ubu bufatanye bwitezweho gutanga umusanzu mu kwihutisha intego y'u Rwanda yo kuba igicumbi cya serivisi z'imari muri Afurika.

Ati 'Tunejejwe no kwakira Umwalimu SaCCO, ifatiye runini urwego rw'uburezi aho yorohereje kandi ikegereza serivisi z'imari abarimu bacu.'

Binyuze muri gahunda yo gushyigikira abagore, abakozi batatu ba Umwalimu SaCCO, bahawe buruse zo kwiyungura ubumenyi mu bijyanye n'imari mu Kigo cyo mu Bwongereza gitanga ubumenyi muri uru rwego [Chartered Institute for Securities & Investment- CISI].

Aya mahugurwa azaba yuzuzanya cyane na gahunda ya Guverinoma binyize mu Igicumbi mpuzamahanga cya serivisi z'imari n'amabanki cya Kigali, KIFC, aho intego ari uguhindura u Rwanda icyicaro cy'ishoramari ku Mugabane wa Afurika.

Niwebasa Clarisse yavuze ko 'iyi buruse yanyuze, ni ibintu bizampindura mu buzima bwite n'ikigo nkorera ni amahirwe aba aje kandi iyo aje urayakira, hari urundi rwego bizanshyiraho.'

Suku Clemance, na we ukorera Umwalimu SACCO ishami rya Rubavu, yagaragaje ko 'Hari ubumenyi ngiye kwiyongera irakamaro njye, ikigo nkorera n'igihugu. Ndabyishimiye nk'umugore kuko kera yabaga ari umuntu usigwa inyuma ariko ubu byarahindutse ubu iterambere turifitemo uruhare, iyo ugize amahirwe nk'aya ntuyapfusha ubusa.'

Niyibikora Chantal na we yahawe buruse, akaba akorera mu Umwalimu SACCO ishami rya Nyamagabe. Yavuze ko iyi buruse izamufasha kongera ubumenyi mu bijyanye n'imari ku buryo ubushobozi bwe buziyongerana n'umusaruro we kandi agatanga serivisi zirushijeho kunoga.

WIFR yashyizweho nyuma yo kubona ko abagore bakora mu bijyanye n'imari bakeneye umwanya wo kungurana ibitekerezo cyane ko nta mwanya wo kuba hamwe babonaga ngo bafatanye kubaka ubushobozi ndetse no kwishimira aho abagore bageze mu bijyanye n'imari.

Kuva WIFR yatarangira mu 2023, abagore barenga 50 bo muri za banki n'ibigo biciriritse ni bo bamaze gushyikirizwa izi buruse zo kwigira muri CISI.

Umuyobozi Mukuru wa Umwalimu SACCO, Laurence Uwambaje, yashimiye uruhare rwa WIFR mu guharanira iterambere ry'umugore
Umwe mu batangije WIFR akaba n'Umuyobozi Mukuru wa Copedu Plc, Raissa Muyango, yagaragaje ko ubu bufatanye bwitezweho gutanga umusanzu mu kwihutisha intego y'u Rwanda yo kuba igicumbi cya serivisi z'imari
Suku Clemance, na we ni umwe mu bahawe buruse
Niyibikora Chantal na we yahawe buruse avuga ko izamufasha kongera ubumenyi mu bijyanye n'imari ku buryo ubushobozi bwe buziyongerana n'umusaruro we
Niwebasa Clarisse, yahawe buruse yo kwihugura mu bijyanye n'imari
Koperative yo Kubitsa no Kugurizanya, Umwalimu SACCO, yabaye kimwe mu bigo bigize Umuryango utegamiye kuri Leta uharanira iterambere ry'abagore bakorera mu rwego rw'imari mu Rwanda [Women in Finance Rwanda- WIFR]
Binyuze muri gahunda yo gushyigikira abagore, abakozi batatu ba Umwalimu SaCCO, bahawe buruse zo kwiyungura ubumenyi mu bijyanye n'imari mu Kigo cyo mu Bwongereza gitanga ubumenyi muri uru rwego [CISI]
Hafashwe ifoto y'urwibutso



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umwalimu-sacco-yabaye-umunyamuryango-wa-women-in-finance-rwanda

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)