Abagize itorero Mashirika bataramye mu iseruk... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ryabaye kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024 mu Mujyi wa Arras ndetse rirakomeza kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Ukwakira 2024 mu Mujyi wa Lyon, ni nyuma y'uko bakoreye igitaramo gikomeye mu iserukiramuco ryitwa 'World Culture' ryabereye mu Mujyi wa Karachi mu gihugu cya Pakistan, ku Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024.

Ni ubwa mbere bari bataramiye muri ibi bihugu mu rugendo rugamije guhamagarira abatuye Isi kurangwa n'ubumuntu mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Babigezeho babicyesha umusaruro watanzwe n'iserukiramuco 'Ubumuntu', ryabaye hagati ya 19-25 Nyakanga 2024 hizihizwa imyaka 10 y'ibikorwa byabo byabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali.

Ryagaragayemo abahanzi n'amatsinda barimo: Umuhanzi Peace Jolis, 'Counting to 10', 'Virtue', 'I Am An African', 'Generation 25', ababyinnyi bo muri Pakistan, abaturutse mu Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Uganda, Afurika y'Epfo n'abandi.

Iri serukiramuco bakinnyemo ku nshuro ya mbere 'Théâtre de La Renaissance' ryatangijwe ku mugaragaro mu 1982. Kuva icyo gihe ryubakiye cyane ku guteza imbere ikinamico zo mu bihugu bitandukanye, umuziki n'ibindi binyuranye.

Generation 25 yakinnye muri iri serukiramuco igizwe n'abasore n'inkumi b'abahanzi, kandi benshi muri bo bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.

Bakunze gukina umukino ugaragara ibikomere by'abantu bavutse ku babyeyi bafashwe ku ngufu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, imiryango yabaye kandi yakuriye mu nkambi, impfubyi n'abapfakazi basizwe na Jenoside n'ibindi.

Generation isobanura ko itegura iyi mikino mu rwego rwo gushyira imbaraga mu biganiro bya mvura nkuvure, bigahuza ababaye mu mateka ndetse n'urubyiruko, mu rwego rwo kumenya amateka birushijeho, no gufata ingamba zihamye mu kurinda ikiremwamuntu kutongera guhura n'amateka asharira.

Iri tsinda ry'inkumi n'abasore ryatangiye gukina imikino nk'iyi kuva ku wa 12 Mata 2019, binyuze mu bikorwa byabereye ku Rwibutso rwa Jenosie rwa Kigali. Kuva, icyo gihe abantu bakunze ubutumwa batambutsa, batangira gutumirwa mu bice bitandukanye by'u Rwanda, ndetse banatumirwa ku rwego Mpuzamahanga.

Ku wa 20 Nyakanga 2024, ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali habereye igikorwa cyo gutangiza iserukiramuco 'Ubumuntu' mu kwizihiza imyaka 10 ishize ritanga ubutumwa bwubakiye ku mahoro n'urukundo, no guhamagarira Isi yose kubana neza.

Mashirika yatumiwe muri iri serukiramuco kubera imitegurire y'iserukiramuco 'Ubumuntu' risanzwe ribera mu Rwanda

Mashirika yitaye cyane ku mukino n'imbyino zihamagarira abatuye Isi kugira ubumuntu


Iri serukiramuco ryabereye mu Mujyi wa Arras usanzwe uzwiho kurangwa n'ibikorwa by'ubuhanzi


Buri mwaka, abategura iri serukiramuco batumira amatorero n'abahanzi bo mu bitandukanye byo ku Isi



Abarimo Peace Jolis babarizwa muri 'Generation' bagaragaje ubuhanga muri iri serukiramuco




Source : https://inyarwanda.com/inkuru/147768/abagize-itorero-mashirika-bataramye-mu-iserukiramuco-rikomeye-mu-bufaransa-amafoto-147768.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)