Abanyamategeko basobanuriwe indangagaciro n'imyitwarire myiza bigomba kubaranga mu kazi kabo - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni isomo bahawe ku wa 4 Nzeri 2024 mu Ishuri ryigisha Amategeko (ILPD) Ishami rya Kigali. Abanyamategeko beretswe indangagaciro n'imyitwarire ikwiriye kubaranga ndetse n'uruhare rwabo mu guharanira ubutabera bunoze kandi budaheza.

Ntezilyayo yashimangiye ko indangagaciro z'umwuga wabo ari umusingi w'ubutabera nyakuri mu gihugu.

Yagize ati 'Ubunyangamugayo n'ubwubahane ni ingenzi mu guha icyizere abaturage mu mikorere y'urwego rw'ubutabera. Mugomba guhora mwibuka ko akazi kanyu atari uguharanira inyungu bwite gusa, ahubwo ari uguharanira ukuri n'ubutabera mu nyungu rusange z'abaturage.'

Ntezilyayo kandi yavuze ko ubunyangamugayo n'ubwubahane ari ingenzi cyane mu kugarurira icyizere abaturage mu mikorere y'urwego rw'ubutabera.

Abanyamategeko bibukijwe ko intego y'akazi kabo ari uguharanira ukuri n'ubutabera, byaba mu nyungu z'abakiliya cyangwa se mu nyungu rusange z'abaturage.

Bibukijwe kandi ko biri mu nshingano zabo kubizirikaza ndetse ko bagomba gukurikiza amahame n'indangagaciro bibagenga.

Amahame n'indagagaciro bigenga abanyamategeko

Kubahiriza amabanga y'abakiliya

Abanyamategeko bagomba kubahiriza amabanga y'abakiliya babo, bakirinda gutangaza amakuru ajyanye n'abo mu buryo butabangamira inyungu zabo. Ibi ni ingenzi mu gukomeza kubaka icyizere hagati y'umwuga n'abakiliya.

Kwirinda ibibangamira inyungu z'abakiliya

Abanyamategeko basabwe kwirinda ibibazo byabangamira abakiliya. Ibi bifasha mu kugirirwa icyizere abaturage mu bujurire bwabo.

Gukora kinyamwuga

Gukora kinyamwuga ni kimwe mu byangombwa. Abanyamategeko bagomba kwitanga, gukora ibishoboka byose mu guha abakiliya serivisi zinoze, kandi bakagaragaza ubuhanga n'ubushobozi mu mirimo yabo.

Gukorera mu bwisanzure n'umucyo

Abacamanza n'abanyamategeko bagomba gukorera mu bwisanzure no mu mucyo, bityo bagakora imirimo yabo mu buryo bugaragaza ubunyangamugayo n'imyitwarire ikwiriye mu mwuga.

Kugendera ku mabwiriza n'amahame

Abanyamategeko bagomba kubahiriza amabwiriza n'amahame agenga imyitwarire y'umwuga wabo, kandi bagashishikarira kuyakurikiza mu mirimo yabo ya buri munsi. Ibi birimo gukurikiza amahame y'imyitwarire n'izindi ngingo zigenga uru rwego.

Kugira ubushobozi n'ubunararibonye

Abanyamategeko bagomba gukomeza kwiyungura ubumenyi n'ubushobozi mu rwego rw'amategeko, kugira ngo babashe guhangana n'ibibazo byose byabagana, bakarushaho kuba intangarugero mu mwuga wabo.

Gukorana n'Urwego rw'Ubutabera

Abanyamategeko n'abacamanza basabwa gukorana n'inzego z'ubutabera mu kubaka icyizere mu muryango. Ibi birimo gutanga inama, guhana ibitekerezo, no gukora ku buryo buhamye mu rwego rw'ubutabera.

Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga yigishije ko indangagaciro z'abanyamategeko ari umusingi w'ubutabera nyakuri
Bamwe mu bari bitibariye aya masomo
Abanyamategeko basabwe kugendera ku ndangagaciro zabo



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyamategeko-bunguwe-ubumenyi-ku-ndangagaciro-n-imyitwarire-myiza-bigomba

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)