Abanyasiraheli basabye Netanyahu kugirana amasezerano na Hamas #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu myigaragambyo yabaye muri iki cyumweru yamaganaga guverinoma ya Netanyahu, ni mu igihe cyo kwicara no kuganira ku masezerano yari yarengeje igihe.

Ihamagarwa rya nyuma ry'abigaragambyaga rije nyuma y'iminsi mike Isiraheli ivuze ko yishe umuyobozi wa Hamas, Yahya Sinwar, ukekwaho kuba ari we wubitsweho n'igitero cyo kuwa 7 Ukwakira k'uyu mwan cyagabwe mu majyepfo ya Isiraheli.

Kuwa gatandatu kandi, igisirikare cya Isiraheli cyavuze ko indege ya drone yavuye muri Libani yerekeza mu rugo rwa minisitiri w'intebe wa Isiraheli i Caesareya mu majyaruguru y'igihugu. Abigaragambyaga Gal Sne yavuze ko hamwe Abisiraheli 101 bari bafashwe bugwate bagifunzwe na Hamas, nta gihe gikwiye cyo gutakaza kugira ngo babohorwe.

Ati: 'Ndashaka ko abafunzwe bugwate barekurwa ibyo byose biri mu masezerano yo kurekurwa, Netanyahu agomba gushyira umukono kuri aya masezerano hanyuma ibisigaye bikazashyirwa mu mwanya wabyo wihariye'.

Kimwe mu byifuzo byambere byamasezerano yo kurekura abafashwe bugwate cyashyizwe ahagaragara kuwa 12 Ukwakira 2023, nyuma y'iminsi itanu nyuma y'igitero cya mbere cya Hamas.

Abayobozi ba Misiri(Egypt) bavuze ko byasabye kurekura abagore n'abana bose bafunzwe na Hamas n'abandi barwanyi ba Palesitine i Gaza, mu rwego rwo kubohora abagore bose b'Abanyapalestine muri gereza ya Isiraheli.

Abisiraheli banze icyo cyifuzo cya mbere cyari cyafashwe. Undi wigaragambyaga, Mirav Berkowitz, yahamagariye kure abayobozi ku mpande zombi kwicara bakaganira.

Ati: 'Turi abantu, si byo? Turi abantu ku mpande zombi. Iki ni cyo gihe cyo kuganira. Ukora ibiteye ubwoba, ukora ubwo bwicanyi, ubigire amahirwe ariko igihe ni kimwe gusa bikakugaruka'. Nyuma y'iyicwa rya Sinwar, Isiraheli na Hamas byombi byagaragaje ko banze guhagarika intambara muri Gaza.

Mu gihe ibiganiro byo guhagarika imirwano bitemejwe neza, umutwe w'abarwanyi ba Palesitine uvuga ko nta n'umwe uzarekurwa kugeza igihe ingabo za Isiraheli zivuye muri Gaza. Imyigaragambyo yo muri icy'icyumwe bigaragaza ko ibyaje kwitwa Ingwate na byo byafashe izindi ngamba za politiki.

Benshi mu bigaragambyaga bagiye basaba Netanyahu kuva ku butegetsi bagakora amatora mashya, mu gihe bamwe bamushinja ko yashyize imbere ubuzima bwe bwa politiki kuruta ubuzima bw'abashimuswe.

The post Abanyasiraheli basabye Netanyahu kugirana amasezerano na Hamas appeared first on KASUKUMEDIA.COM.



Source : https://kasukumedia.com/abanyasiraheli-basabye-netanyahu-kugirana-amasezerano-na-hamas/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)