Igitero cya Isiraheli cyahitanye abantu benshi muri Gaza #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubuyobozi bwa Hamas buvuga ko igitero cy'indege cya Isiraheli cyahitanye byibuze abantu 33 barimo abagore 21 mu nkambi y'impunzi mu majyaruguru ya Gaza. Nta bisobanuro byahise bitangazwa ku gitero cyagabwe i Jabaliya kiva muri Isiraheli, ingabo zaho zimaze ibyumweru byinshi zigose inkambi ituwe cyane.

Iyicwa ry'umuyobozi wa Hamas Yahya Sinwar kuri iki cyumweru ryateje ibyiringiro bicye mu bice bimwe na bimwe. Umuyobozi wungirije w'iryo tsinda avuga ko Hamas ikomeje kugira ibihe bibi bitewe n'ibi bitero biri kuyigabwaho.

Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko muri Libani hari amahirwe yo 'gukorera mu guhagarika imirwano', aho Isiraheli irwanya abarwanyi Hezbollah, ariko 'bizagorana muri Gaza'.

Yavugaga ubwo yavaga mu murwa mukuru w'Ubudage Berlin, aho yahuriye n'abayobozi b'Abadage, Abafaransa n'Abongereza. Nk'uko byatangajwe n'ibiro bya leta biyobowe na Gaza mu mujyi wa Gaza n'ubundi, ngo igitero cy'indege cyo k wa gatanu nacyo cyakomeretse abantu barenga 85, bamwe bakaba bakomeye, kubera ko amazu y'imiryango itatu yari mu nkambi yibasiwe.

Yongeyeho ko umubare w'abapfuye baheruka baheruka kwicwa ushobora kugera kuri 50, kuko abantu bashyinguwe munsi y'amatongo y'inyubako ni benshi cyane.

Amakuru aturuka muri ako gace yerekana ko amajyaruguru ya Gaza yitaruye, aho itumanaho na serivisi za interineti byaciwe muri ako karere.

Umuyobozi w'ibitaro yaganiriye n'abanyamakuru ku bijyanye n'abantu benshi bahitanwa n'ibisasu byakirimbuzi uko bukeye n'uko bwije. Uyu muyobozi yagize ati: 'Abakozi ba ambulance baracyagerageza gukura abantu mu mihanda yaba abakomeretse ndetse na bapfuye muri Jabaliya.'

'Ibitaro byacu byuzuye kandi abantu benshi bakomeretse barimo kwivuriza mu bitaro byacu.'

Nk'uko ibiro ntaramakuru Reuters bibitangaza ngo minisiteri y'ubuzima iyobowe na Hamas muri Gaza yavuze ko byibuze Abanyapalestine 39, benshi muri Jabaliya, bishwe n'ibitero bya Isiraheli kuwa gatanu mbere y'igitero giheruka.

Umuyobozi w'ibiro by'umuryango w'abibumbye bishinzwe ubutabazi, Georgios Petropoulos, yatangarije ko imiryango yo muri Jabaliya yihanganiye ikomeje kwihangana 'ibihe bibi' ikomeje kugira.

Avuga i Rafah mu majyepfo ya Gaza, yagize ati: 'Ntidushobora gukubita inzogera yo gutabaza muri make ifirimbi ku buryo ikibazo cy'abasivili giteye ubwoba kuko giteye akaga kuko ni benshi bakenewe kurindwa kandi ino ntambara ifite ubukana.'

Kuwa gatanu taliki 18 Ukwakira 2024, Isiraheli yavuze ko yohereje amamodoka agera kuri 30 y'ibikoresho mu majyaruguru ya Gaza harimo ibiryo, amazi, ibikoresho byo kwa muganga ndetse n'ibikoresho byo kubamo ariko abashinzwe ubuzima bo muri ako gace babwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko bitigeze bigera mu turere twibasiwe cyane na Jabaliya.

Isiraheli yahakanye inshuro nyinshi ko ibuza imfashanyo z'ubutabazi kwinjira muri Gaza ariko Amerika ikaba yarabibwiye ko byongera uburyo cyangwa ibyago by'uko inkunga z'ingabo z'Amerika zahagarikwa niba bimeze bityo byaba nkaho ari ukubasuzugura.

Umuyobozi Amachia Chikli

Minisitiri wa Isiraheli, Amichai Chikli, yatangaje ko Isiraheli 'yagose' uduce two mu majyaruguru ya Gaza, harimo na Jabaliya yatangarije gahunda ya Newshour ati: 'Twemereye abaturage b'abasivili guhungira mu turere twaba turimo umutekano, kandi twabujije ko ibikoresho byinjira mu karere kagoswe.'

Ubuyobozi buyobowe na Hamas buvuga ko kuva igitero cyagabwe na Hamas kuri Isiraheli hashize umwaka urenga, byibuze abantu ibihumbi mirongo na bibiri na maganatanu(42.500) by'abantu bapfuye abandi 10.000 ibihumbi icumi barakomereka.

Abantu bagera ku igihummbi na maganabiri(1200) bishwe na Hamas n'abafatanyabikorwa bayo mu gitero cyo kuwa 7 Ukwakira 2023 abandi maganabiri na mirongwitanu na rimwe(251) bajyanwa i Gaza mu ingwate.

Kuwa gatanu, umuyobozi wungirije wa Hamas, Khalil al-Hayya, yatangaje ko ingwate z'Abisiraheli zitazasubizwa kugeza Isiraheli irangie iyi ntambara ikava muri Gaza.

Sinwar niwe wagize uruhare mu gitero cyo kuwa 7 Ukwakira. Nk'uko ingabo za Isiraheli zibitangaza ngo yiciwe mu muriro nyuma y'inyubako yari yihishe mu mujyi wa Rafah wo mu majyepfo ya Gaza yakubiswe n'umuriro wa tanki ya gas', Dr Chen Kugel yasanze ibikomere ku kuboko kwe kw'iburyo biturutse ku guturika kwa misile ', ukuguru kw'ibumoso kwarangiritse.

Yashimangiye ko ibyo 'byemewe n'amategeko mpuzamahanga kandi ko uko byagenda kose iyintambara hagomba kubaho kwihorera'. Kuwa gatanu, imirwano yarakomeje no muri Libani, aho Isiraheli yagabye igitero ku butaka muri Hezbollah.

Igisirikare cya Isiraheli

Igisirikare cya Isiraheli cyavuze ko cyahitanye abarwanyi ba Hezbollah bagera kuri mirongwitandatu(60) kandi gisenya ikigo cy'ubuyobozi bw'akarere kaho. Hezbollah yavuze ko yarashe ibisasu bya roketi mu mujyi wa Haifa wo muri Isiraheli no mu turere two mu majyaruguru yaho.

The post Igitero cya Isiraheli cyahitanye abantu benshi muri Gaza appeared first on KASUKUMEDIA.COM.



Source : https://kasukumedia.com/igitero-cya-isiraheli-cyahitanye-abantu-benshi-muri-gaza/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)