Karongi: Ishuri ry'imyuga ryabuze abanyeshuri - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iri shuri rifite abanyeshuri 120 mu gihe rifite ibyumba bifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri barenga 460.

Iki kigo kiri ku muhanda muri metero nkeya uvuye kuri GS St Joseph Birambo, gifite ibyumba 10 by'amashuri ariko ibyigirwamo ni bitandatu kandi nabyo byigirwamo n'umubare muto w'abanyeshuri kuko hari ishuri ugeramo ugasangamo abanyeshuri bari munsi y'icumi.

Umuyobozi wa St Joseph Birambo TSS, Frere Adrien Musabirema yabwiye IGIHE ko icyatumye iki kigo kigira icy'uho cy'abanyeshuri ariko amacumbi yabaye make, basaba guhabwa abanyeshuri biga bataha ntibikorwe.

Ati 'Icyifuzo dufite ni uko mu gihe tugishakisha ubushobozi bwo kongera amacumbi y'abanyeshuri, Leta yaba iduhaye abanyeshuri biga bataha'.

Mu ishami ry'amazi no kuvomerera iki kigo gifite abanyeshuri mu mwaka usoza gusa, mu wa kane n'uwa gatanu nta banyeshuri barimo kimwe n'ishami ryo gukora ibikoresho mu byuma.

Mu ishami ryo gukora amazi (plumbing technology) iki kigo gifite abanyeshuri 12 mu mwaka wa kane, n'abanyeshuri batanu gusa mu mwaka wa gatanu.

Umuyobozi w'Akarere ka Karongi, Mukase Valentine, yavuze ko impamvu iri shuri ridafite abanyeshuri ari uko abanyeshuri badasaba kuryigamo.

Ati 'Tugiye gukora ubukanguramba kugira ngo abaturage n'abanyeshuri bage bahasaba. Ikindi tugiye gukora ni ukumenyekanisha ishuri kugira ngo abantu barimenye bamenye n'ibyiza byaryo'.

Mu karere ka Karongi habarurwa ibigo by'amashuri 194 birimo 19 by'amashuri y'imyuga

Iri shuri riri ku muhanda wa Ruhango-Birambo- Karongi
Umuyobozi wa St Joseph Birambo TSS asaba ko bahabwa abanyeshuri biga bataha mu gihe bagikemura ikibazo cy'amacumbi y'abanyeshuri
St Joseph Birambo TSS ifite ufite umwihariko wo kwigisha amasomo yo kuvomerera imyaka



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-ishuri-ry-imyuga-ryabuze-abanyeshuri

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)