Kigali igiye gukora amateka yo kwakira shampiyona y'Isi mu gusiganwa ku magare #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuryango mugari wisiganwa ryamagare urimo gutegura igikorwa cy'amateka 2025 UCI Road World Championships, kizaba kuva taliki 21 kugeza 28 nzeli 2025, kikabera kigali mu Rwanda. Nibwo bwambere iri siganwa rizaba ribereye kumugabane wa Afrika, bitanga amahirwe kubakinnyi mpuza mahanga guhatanira kubutaka bw' u Rwanda.

Union Cycliste Internationale (UCI), ishinzwe gutegura iri rushanwa bemeza ko iri irushanwa ryitezweho guhatana gukomeye. Kwiganjemo kuzamuka kubera ubuhaname bwa kigali bizagora abazaba bahatanye. Amatsiko nimenshi kubategura irushanwa ndetse nabazaba bagize irushanwa bazaba bafite amahirwe yo gukora amateka muriri rushanwa.

Kubera iki u Rwanda?

U Rwanda ni igihugu kibereye amasiganwa, ku banyarwanda, amasiganwa arenze kuba umukino, ni kimwe mubice bigize ubuzima bwaburimunsi. Mu gihugu hose amagare akoreshwa mu ngendo, afasha abantu bo mu bwikorezi bw'ibintu. Abarusura batangazwa n'ubwikorezi bw'ibintu biremereye mumihanda itandukanye igare rishobora kwikorera.

Amarushanwa yogusiganwa arimo gutera imbere, binyuze mumarushanwa asanzwe nka Tour du Rwanda akomeje gukuza ubwitabire. Iri rushanwa ryitabirwa n'abakinnyi mpuzamahanga bigahuruza abaturage buzura imihanda baje gushyigikira abakinnyi bakunda. Amasiganwa ni kimwe mubikorwa bikunzwe n'abatari bacye mu Rwanda, banafata umwanya bakajya mumihanda n'inshuti nabavandimwe muburyo bwo kwishima/kwishimira ubwiza bw'igihugu.

UCI Road World Championship 2025 izaba igizwe n`icyumweru cy'irushanwa, kizatangizwa no gusiganwa n'igihe 'individual time trials (ITT)'kumpande zombi ku bagore n'abagabo, bikazatangira Kucyumweru tariki 21 nzeli. Iki gice kizaba kigizwe na metero 680 kuruhande rw'abagabo, ndetse na metero 460 kubagore. ku munsi wo kuwa 3 hazabaho gusiganwa nisaha ibizwi nka 'team time trial mixed'.

Ni ubwa mbere iri rushanwa rigiye kubera muri Afurika, rikazabera mu Rwanda (Kigali)

Amasiganwa asanzwe(Road races) azatangira kuzenguruka imihanda ya kigali guhera ku munsi wa 4, batangiriye mu cyiciro cy'abari munsi y'imyaka 23 mu bagore, cyongerewe mu irushanwa nk' isiganwa ukwaryo rinabayeho bwa mbere. Abasiganwa bazazenguruka inshuro eshanu kuri 15 ugendeye kuri categori. Kubagabo bazageza ku bilometero (42.5 km) higanjemo kuzamuka nko kuduce twa Mur de Kigali na Mont Kigali.

INTAMBWE IKOMEYE KURI AFRIKA

UCI Road World Championship 2025 ntago izagirira akamaro u Rwanda gusa ahubwo n' umugabane wose wa Afrika. Iki gikorwa kizagaragaza ubushobozi bwa Afrika mu kwakira amarushanwa akomeye ndetse biteze imbere umukino w'amagare muri Afrika. Irisiganwa ryongewemo n'icyiciro cy'abagore bari munsi yimyaka 23 bishimangira uburinganire nk'imwe mu ntambwe ikomeye u Rwanda rwamenyekanyeho.

Minister wa Sporo, Richard Nyirishema ati: 'u Rwanda rurishimye kuba igihugu cyambere cyakiriye irushanwa ry'agatangaza. Sporo yagize uruhare mu guteza imbere igihugu mumyaka 30 ishize, bizamura ubukungu ndetse byubaka ibikorwa bya sporo bitandukanye mu gihugu ntagushidikanya ko iki gikorwa kizasiga ibigwi. Abanyarwanda bakunda amasiganwa ndetse wakumva amatsiko bafite n'uburyo bitegura kwakira iki gikorwa murwababyaye.

Umukino wo gusiganwa ku magare umaze kugira abafana benshi mu Rwanda

Prezida wa UCI David Lappartient ati: 'kuzana UCI Road World Championships muri Afrika byari intego y'igihe kirekire. Kuri ubu hasigaye umwaka wonyine, kugira ngo intego ibe igezweho. Nishimiye ko iki gikorwa cyagatangaza kizabera mu Rwanda, basanzwe bazwi ku gutegura Tour du Rwanda. Kigali ndetse n'igihugu muri rusange bazwiho umuco w'amagare, ubu uzaba ugiye gusangizwa isi yose. Sinjye uzarota mpa ikaze umuryango wa cycling bizaba ari intambwe ikomeye ndetse no kumenyekanisha uyu mukino wacu.

Ni ubwa mbere iri rushanwa rigiye kubera muri Afurika, rikazabera mu Rwanda (Kigali)

Peter UWIRINGIYIMANA/Radio Flash

 



Source : https://flash.rw/2024/10/01/kigali-igiye-gukora-amateka-yo-kwakira-shampiyona-yisi-mu-gusiganwa-ku-magare/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)