Liam Payne wahoze ari umwe mu itsinda rya One Direction star yapfuye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Polisi ivuga ko Liam Payne wahoze ari umwe muri the former One Direction star, yapfuye afite imyaka 31 muri Arijantine nyuma yo kugwa mu igorofa rya gatatu rya hoteri i Buenos Aires Mu itangazo ryabo, abapolisi bavuze ko bavumbuye umurambo wa Payne nyuma y'uko itsinda ry'ubutabazi bwibanze bwahageraga mu gace kegereye umujyi wa Palermo kuwa gatatu taliki ya 16 Ukwakira.

Payne yari amaze kumenyekana ku Isi yose mu rwego rwo gukundwa cyane yari uumuhungu ukunzwe kuri televiziyo ya X Factor mu mwaka wa 2010, hamwe na Harry Styles, Louis Tomlinson, Niall Horan na Zayn Malik. Mu ntangiriro z'uku kwezi Ukwakira 2024, Payne yari yitabiriye igitaramo cyo muri Arijantine cy'uwahoze ari mugenzi we Niall Horan.

Nk'uko abapolisi bo muri Buenos Aires babitangaza ngo abapolisi bari aho babanje gutekereza ko uyu musore yaba yiyahuye bitwe bakeka ko yaba akorresha ibiyobyabwenge akaba aribyo byaba byamuteye guhanuka kuri etaje'. Abayobozi bagezze muri hoteri babwiwe ko ijwi ryumvikanye mu gikari cy'imbere rirangurira. Bidatinze, bahise babona umurambo. Iperereza rya polisi ryahise ritangira ako kanya. Umuyobozi ushinzwe serivisi z'ubuvuzi bwihutirwa Alberto Crescenti yatangarije itangazamakuru ryaho ko Payne yagize 'ibikomere bikomeye' kandi ko hazakorwa isuzuma.

Bwana Crescenti yanze gusubiza ibibazo bijyanye n'imiterere yo kugwa kwa Payne kuri bkoni. Payne yanditse kuri Snapchat amasaha make mbere yuko ibyo biba, agira ati: 'Ni umunsi mwiza ngize kuba ndi hano muri Arijantine.' Ibiro by'ububanyi n'amahanga by'Ubwongereza byemeje ko bivugana n'abayobozi muri Arijantine 'ku byerekeye amakuru y'urupfu y'umuririmbyi w'Umwongereza'. Nta bindi bisobanuro byatanzwe.

Amakuru y'urupfu rwe amaze kumenyekana, abafana batangiye guteranira hanze ya hoteri ya Buenos Aires aho urwo rupfu rwabereye, bituma abapolisi bakinga urugi. Umufana ukiri muto witwa Violeta Antier yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati: 'Nari mu cyumba cyanjye kandi mushiki wanjye yambwiye ko Liam yapfuye'. 'Ntabwo nigeze mwizera icyo gihe'.

Madamu Antier yavuze ko yabonye Payne mu gitaramo cya Niall Horan mu byumweru bibiri bishize. Undi mugore yarize asobanura impamvu yaje muri hoteri, abwira Reuters mu cyesipanyoli ati: 'Ubu ni bwo buryo bwonyine ngomba kumusezeraho'. Abakunzi b'uyu muhanzi nyakwigendera barababa kandi bababajwe nuko hatabayeho ubutabazi bwise.

Abagize itsinda rya  One Direction Star, iruhuko ridashira kuri Liam Payne

 

The post Liam Payne wahoze ari umwe mu itsinda rya One Direction star yapfuye appeared first on KASUKUMEDIA.COM.



Source : https://kasukumedia.com/liam-payne-wahoze-ari-umwe-mu-itsinda-rya-one-direction-star-yapfuye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)