Massamba ategerejwe Denmark mu kwizihiza ints... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Massamba wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Kanjongera', 'Rwagihuta' n'izindi agiye gutaramira muri uriya Mujyi ku nshuro ye ya kabiri, ndetse arahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Nzeri 2024, ni mu gihe igitaramo kizaba tariki 5 Ukwakira 2024.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Massamba Intore yavuze ko iki gitaramo kigamije kwizihiza Intsinzi ya Perezida Paul Kagame no kongera guhura kw'abanyamuryango ba FPR- Inkotanyi.

Ati 'Ndishimye cyane kuba ngiye kongera gutaramira abanyarwanda batuye muri kiriya gihugu. Ni ubwa kabiri ngiyeyo. Kuri iyi nshuro ni ukuririmba mu mwiherero w'abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi ndetse no kwishimira intsinzi y'umukandida wacu.'

Iki gitaramo cyangwa se uyu mwiherero wiswe 'Imihigo Yacu Music Celebration Night' uzaba ku wa Gatandatu tariki 6 Ukwakira 2024, kandi uzahuza abanyarwanda batuye mu bihugu bitandukanye byo ku Mugabane w'u Burayi.

Massamba agiye gutaramira Denmark, mu gihe ku wa 9 Werurwe 2024, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi batuye mu Mujyi wa Vejle muri iki gihugu bahuriye mu nama rusange. Ni inama yasize barushijeho kwiyemeza kumenyakanisha igihugu no kwegera abashoramari n'abasura u Rwanda.

Uyu muhanzi agiye muri iki gihugu, mu gihe aherutse gukorera ibitaramo bibiri muri Canada, aho yaherukaga mu myaka 11 ishize, ubwo yaririmbaga mu birori bya Rwanda Day byahuje Perezida Paul Kagame n'Abanyarwanda babarizwa muri kiriya gihugu.

Massamba afatwa nk'umwe mu bahanzi bahiriwe no gukorera/gutumirwa mu bitaramo mu bihugu bitandukanye byo ku Isi. Ahanini biturutse ku ndirimbo ze zigaruka ku buzima bw'Igihugu, ndetse byatumye akomera ku nganzo ye kugeza n'uyu munsi.

Ku wa 31 Kanama 2024, yakoreye igitaramo gikomeye muri BK Arena yise '3040 y'Ubutore', icyo gihe yizihije imyaka 30 y'ukongera kwiyubaka k'u Rwanda n'imyaka 40 ishize ari mu muziki.

Uyu muhanzi yamamaye mu ndirimbo zirimo 'Karame Rudasumbwa', 'Sisi wenyewe', 'Ikizungerezi', 'Inkotanyi Cyane', 'Araje', 'Dushengurukanye Isheja', 'Mama Shenge', 'Kanjongera' n'izindi.

Massamba ategerejwe muri Denmark mu gihe aherutse gutaramira mu gihugu cya Canada 

Massamba yagaragaje ko yiteguye kongera gutaramira abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi muri Denmark ku nshuro ye ya kabiri 


Ku wa 31 Kanama 2024, Massamba yakoreye igitaramo muri BK Arena mu gitaramo yise "3040 y'ubutore"

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'INTSINZI' YA MASSAMBA INTORE

">



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/147379/massamba-ategerejwe-denmark-mu-kwizihiza-intsinzi-ya-perezida-kagame-147379.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)