Minisitiri w'Intebe wungirije wa Lesotho yashimye imiyoborere y'u Rwanda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iri tsinda kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Ukwakira 2024 basuye Akarere ka Bugesera mu kigo cya Gasore Serge Foundation, bareba ibikorwa bihakorerwa n'uburyo bizamura imibereho myiza y'abaturage.

Muri iki kigo harimo amashuri yigiramo abiganjemo abo mu miryango itishoboye, ikibuga cy'amagare, haba kandi ikipe y'Akarere y'abakobwa batwara amagare n'ibindi byinshi.

Ubuyobozi bw'iki kigo bwasobanuye ko buhatangira inyigisho nyinshi zigamije guhindura imibereho myiza y'abaturage haba ku bakobwa batewe inda imburagihe, abana bahigishirizwa amashuri, kubafasha kuzamura impano n'ibindi.

Bavuze ko banagerageza gufasha abakiri bato kwidagadura no kwigarurira icyizere kugira ngo bagire imbere heza.

Minisitiri w'Intebe wungirije wa Lesotho, Nthomeng Majara, yishimiye uburyo u Rwanda rumaze gutera intambwe mu guteza imbere imibereho myiza y'abaturage hifashishijwe abafatanyabikorwa batandukanye baba bari mu Karere.

Ati 'Nishimiye kubona uburyo inzego z'ibanze zifatanya n'abafatanyabikorwa batandukanye mu rwego rwo gushaka ibisubizo by'ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage, ni intambwe nziza yo kwigira ku miyoborere myiza y'igihugu cy'u Rwanda.'

Umuyobozi w'Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yagaragaje ko abafatanyabikorwa b'Akarere bagafasha mu kwita ku mibereho myiza y'abaturage, kuzamura ubukungu bwabo, anagaragaza ko hari abafatanya n'Akarere mu bijyanye n'imiyoborere myiza ndetse n'ubutabera hagamijwe kuzamura abaturage mu byiciro byose.

Lesotho n'u Rwanda ni ibihugu byagiye bisinyana amasezerano y'ubufataye mu byiciro binyuranye birimo umutekano, guteza imbere imiyoborere myiza, kurwanya ibyaha birimo iterabwoba no kurwanya ibiyobyabwenge n'ibindi byinshi.

Minisitiri w'Intebe wungirije wa Lesotho yasobanuriwe uburyo Gasore Serge Foundation igira uruhare mu guteza imbere uburezi
Umuyobozi w'Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard yasobanuriye Minisitiri w'Intebe wungirije wa Lesotho, Nthomeng Majara ko abafatanyabikorwa bakorana n'Akarere mu byiciro byose hagamijwe guteza imbere umuturage
Itsinda ry'abayobozi bo muri Lesotho turrets we uburyo abakobwa baba baratewe inda imburagihe uburyo bagarurirwa icyizere bakanigishwa imyuga



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-w-intebe-wungirije-wa-lesotho-yashimye-imiyoborere-y-u-rwanda

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)