Raphaël Xavier Varane yasobanuye ko mu myaka yakinnye ruhago harimo imyaka 11 yose yakinnye arwaye ivi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umufaransa Raphael Varane yatangaje ibintu bitangaje kubyerekeye umwuga we w'umupira wamaguru. Yagaragaje ko yamaze imyaka 11 ishize akina akoresheje ivi rimwe gusa bisobanuye ko irindi ryari rirwaye. Mu kiganiro aherutse kugirana n'ikinyamakuru cyo mu rurimi rw''igifaransa Publication L'Equipe, umusore w'imyaka 31 yamavuko wahoze ari myugariro wa Manchester United na myugariro wa Real Madrid, yatangaje ku ntambara yamaze igihe kirekire afite imvune yo mu ivi, ibyo bikaba byaragize ingaruka zikomeye mu uruhare runini mu gukina kwe.

Uyu myugariro yatwaye igikombe cy'Isi cya 2010 yagikinnye mu bato b'Ubufaransa batarengeje imyaka 18. Icy'Isi cya 2012 yagikinnye mu bato batarengeje imyaka 20, arongera akina icy'Isi cya 2011-2012 akina mu bato batarengeje imyaka 21, atwara igikombe cy'Isi mu mwaka wa 2018.

Yakomeje agira ati: 'ko ivi rye ry'iburyo ryangiritse kuva imvune ya menisque mu 2013, bigatuma ivi ry'ibumoso rinanirwa cyane mu myaka yashize. Varane yagize ati: 'Kuva mfite imyaka 20 nakinaga neza kandi nkabyishimira, ivi ry'iburyo ryari rikomeye ariko ntirikore uko mbyifuza, kandi ivi ry'ibumoso ryakoraga ibishoboka byose kugira ngo mbone imbaraga.'

Nubwo ivi rye ritamworoheye, umwuga wa Varane ntakintu cyari gitangaje no mu gihe yamaze muri Real Madrid, yegukanye ibikombe bine bya Champions League, kandi hamwe atwara ibikombe byoguhesha ishema igihugu cye cy'Ubufaransa, yari mu bakinnyi batwaye igikombe cy'Isi cya 2018. Igihe cye cya nyuma muri Manchester United cyarangiye ubwo yatwaraga igikombe cya FA. Nubwo bimeze bityo, nyuma y'imyaka 11 umubiri we ntushobora kongera guhangana nizi ngorane yahuye nazo z'ivi rye, bituma asezera mu mupira wamaguru nkuwabigize umwuga ukwezi gushize.

Varane yavuze uburyo yahinduye umukino we kugira ngo ahangane n'imiterere ye yo gukina ruhago: Yiyemereye ati: 'Ntabwo maze imyaka myinshi nivuza iri vi gusa icyo mwamenya narindirwaye Kandi ryarambabazaga,' yakomeje asobanura ko yagombaga gushaka uburyo bushya bwo gukomeza ubuhanga bwe bwo kwirwanaho. Ati: 'Mu bitekerezo, ntabwo nashoboraga kwibwira ubwanjye cyangwa bagenzi banjye ko mfite ivi rimwe rirwaye. Ariko nari nzi ingaruka bizangiraho. Ntabwo dushyira ubuzima bwacu kumurongo nka gladiator, ariko twese dukina n'ibibazo byumubiri tubizi tukabyirengagiza. Ibyio ni kimwe mu bigize abo turi bo.'

Yatekereje ku cyemezo yafashe cyo kujya mu kiruhuko cy'izabukuru, Varane ntiyigeze yicuza. 'Iyo nza kuva muri ruhago kare, nari kwicuza, kandi ubu ndi kwishimira ibyo nagezeho byose. ' Usibye kuganira ku rugamba rwe rw'umubiri, Varane yanenze umupira w'amaguru ugezweho ubu, ibyitwa 'robot zaje ubu' yabisobanuye arakaye cyane ati: 'gutakaza guhanga no gukomera ku mupira wamaguru.

'Ubu mu kibuga hari abanyabwenge bake. Ibintu byose ni amayeri; hari umudendezo muke wo gukina bidatinze ruhago irapfa mu minsi irimbere bitewe na ma robot ari gukorwa bukeye nuko bwije. 'Amateka ya Varane atanga ibisobanuro bidasanzwe mu gukomera mu mutwe bisabwa kugirango ukomeze umwuga wo gukina ruhago ariko ufite imvune ukabana nayo kugeza usezeye. Bitera kandi kwibaza uburyo umupira wamaguru ugezweho ushobora kugira ingaruka ku bakinnyi yaba kuramba no guhanga.

The post Raphaël Xavier Varane yasobanuye ko mu myaka yakinnye ruhago harimo imyaka 11 yose yakinnye arwaye ivi appeared first on KASUKUMEDIA.COM.



Source : https://kasukumedia.com/raphael-xavier-varane-yasobanuye-ko-mu-myaka-yakinnye-ruhago-harimo-imyaka-11-yose-yakinnye-arwaye-ivi/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)