U Butaliyani bwatangiye kohereza abimukira muri Albania - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

U Butaliyani bwafunguye ibigo bibiri muri Albania, ari nabyo bizajya byakira izi mpunzi zigomba kuba ari abagabo gusa kuko abagore, abana, abafite uburwayi, abahohotewe n'abandi bafite intege nke, bazajya bakirirwa mu Butaliyani.

Imiryango ntabwo izajya itandukanywa, bivuze ko mu gihe umugabo ari kumwe n'umuryango we, ibyangombwa bye bizajya bisuzumirwa mu Butaliyani.

Ubwato bw'u Butaliyani bwabanje gutwara abagabo 16 barimo 10 bakomoka muri Bangladesh n'abandi batandatu bakomoka mu Misiri. Ibigo boherejwemo bifite ubushobozi bwo kwakira abimukira 400, ariko mu gihe kiri imbere bizaba bishobora kwakira abimukira 880.

Ni ibigo bizajya bigengwa n'amategeko y'u Butaliyani, ariko umutekano wabyo inyuma urindwe n'inzego z'umutekano za Albania.

Aya masezerano afite igihe cy'imyaka itanu, aho Albania izakira abagabo ibihumbi bitatu mu gihe u Butaliyani buzaba buri gusuzuma ibyangombwa byabo muri rusange. Iki gihugu kizishyura miliyoni 60 z'Amayero.

Iyi gahunda ijya gusa nk'iyo u Bwongereza bwari bwagiranye n'u Rwanda, nayo yari agamije gushaka umuti w'ibibazo by'abimukira binjiraga muri icyo gihugu badafite ibyangombwa, bagahombya Leta akayabo k'amafaranga.

U Butaliyani bwasinye amasezerano yo kohereza abimukira muri Albania



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-butaliyani-bwatangiye-kohereza-abimukira-muri-albania

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)