U Rwanda rwahawe inota rya B+ rishimangira ko ubukungu bwarwo buhagaze neza - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Inguzanyo ziciriritse u Rwanda rufata, zirimo izishyurwa ku nyungu iri hasi cyane kandi mu gihe kirekire, ni kimwe mu byatumye rubona iri nota.

Imiyoborere myiza, ikoreshwa neza ry'umutungo w'igihugu ndetse n'ubushake bw'ubuyobozi mu guteza imbere igihugu nabyo biri mu byatumye u Rwanda rukomeza kugira iri nota, kuko muri rusange byose bituma ubukungu buzamuka.

Iki kigo giteganya ko ubukungu bw'u Rwanda buzazamuka ku kigero cya 8% muri uyu mwaka, na 6.7% mu mwaka w'ingengo y'imari utaha. Ishoramari riri gushorwa mu kubaka Ikibuga cy'Indege cya Bugesera rigaragazwa nk'inkingi ya mwamba mu kuzamura ubu bukungu.

Iki kigo kandi kivuga ko ibiciro ku isoko bizazamuka ku gipimo cya 4,5% muri uyu mwaka, mu gihe icyuho mu ngengo y'imari nacyo kizaganuka, kikagera kuri 4,6% mu 2026 kivuye kuri 6,4%. Ku rundi ruhande, byitezwe ko mu 2025, inguzanyo za Leta zizagera ku kigero cya 78,2% by'umusaruro mbumbe w'igihugu.

Ikinyuranyo cy'ibyo u Rwanda rutumiza n'ibyo rwohereza mu mahanga cyo cyitezweho gukomeza kuzamuka, kikazagera kuri 12,5% by'umusaruro mbumbe w'igihugu mu mpera z'uyu mwaka, uretse ko kizarushaho kugabanuka mu myaka iri imbere.

Gusa iki kigo kigaragaza ko icyuho kinini mu ngengo y'imari y'u Rwanda, ibibazo bya politiki cyane cyane ibiri mu Karere u Rwanda ruherereyemo, ibyago by'izamuka ry'ibicuruzwa nka peteroli n'ibindi u Rwanda rukenera ku isoko mpuzamahanga, bishobora kuba imbogamizi ku bukungu bw'u Rwanda mu bihe biri imbere.

Ubukungu bw'u Rwanda bukomeje kugirirwa icyizere n'ibigo mpuzamahanga



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/fitch-ratings-yahaye-u-rwanda-inota-rya-b-rishimangira-ko-ubukungu-buhagaze

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)