Umunyamakuru Martin Mateso yitabye Imana - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu munyamakuru wakoreye ibinyamakuru birimo Radio Rwanda, Televiziyo Rwanda na TV5 Monde, bivugwa ko yitabye Imana tariki 20 Ukwakira 2024 ubwo yari yaje mu Rwanda, azize indwara z'umutima.

Radiyo Ijwi rya Amerika yatangaje ko Mateso yari yaje mu Rwanda kwizihiza isabukuru ye y'imyaka 70.

Martin Mateso yari atuye mu Bufaransa aho yageze muri Mata 1994.

Ntamuhanga Ningi Emmanuel wakoranye na Mateso, yigeze kuvuga ko Mateso yakundwaga cyane kuri Radio Rwanda kubera uburyo yavugaga neza Igifaransa.

Ni umwe mu bakoze umwuga w'itangazamakuru ari n'umuhanzi, aho azwi ku ndirimbo zakunzwe zirimo 'Bibiyana', 'Amagorwa yo mu rugo', n'izindi.

Mateso yakoreye ibinyamakuru bitandukanye



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunyamakuru-martin-mateso-yitabye-imana

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)