Itorero Angilikani mu Rwanda ryasabye abayoboke baryo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside - #rwanda #RwOT

webrwanda
1 minute read
0

Byatangarijwe mu mwiherero wahuje Abepisikopi bose b'Itorero Angilikani mu Rwanda (EAR) n'abafasha babo, kuva ku wa 2-5 Mata 2025.

Itangazo ryasohotse nyuma y'uyu mwiherero rivuga ko biyemeje gushishikariza abayoboke ba EAR n'Abanyarwanda muri rusange kwitabira ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abayoboke ba EAR kandi basabwe 'gushyira mu bikorwa gahunda zo kwibuka, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, no gukomeza urugendo rw'ubumwe n'ubwiyunge.'

Kuva mu 2019 kugeza mu 2024, Urwego rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwakurikiranywe amadosiye 2426 arimo abantu 3179.

Imibare igaragaza ko icyaha cyo guhohotera uwacitse ku icumu cyakurikiranywe mu madosiye 1308 bingana na 53,9% mu gihe icyaha cy'ingengabitekerezo ya Jenoside cyagaragaye ku ijanisha rya 20,7%.

Kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye jenoside byagaragaye mu madosiye 191 bingana na 7,9%.

RIB igaragaza ko ibyaha by'ingengabitekerezo ya Jenoside bigaragara cyane muri Mata ugereranyije n'andi mezi, kuko amadosiye 941 angana na 41,6% yose yakuriranywe muri uko kwezi.

Abagaragayeho ibi byaha biganje mu rubyiruko cyane kuko abafite imyaka 14-16 bagize 16,4% mu gihe abafite imyaka 31-40 ari 26,6%. Abafite imyaka 41-50 bangana na 22% na ho abafite imyaka 51-60 bagera kuri 17,6%; abafite imyaka 60 kuzamura bo bagize 17,4%.

Itorero Angilikani mu Rwanda ryasabye abayoboke baryo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/itorero-angilikani-mu-rwanda-ryasabye-abayoboke-baryo-kurwanya

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)